Yanditswe Feb, 16 2018 21:34 PM | 8,478 Views
Perezida wa Repubulika Paul Kagame ari mu gihugu cy'ubudage aho yitabiriye inama mpuzamahanga yiga ku mutekano irimo kubera mu Mujyi wa Munich ku nshuro yayo ya 54. Iyi nama yatangiye kuri uyu wa Gatanu tariki ya 16 Gashyantare 2018 izageza ku ya 18 Gashyantare 2018.
Ni inama Perezida wa Repubulika Paul Kagame
arimo kimwe n'abandi bayobozi baturutse mu bihugu bitandukanye ku isi aho
barimo kuganira ku bibazo by'umutekano mucye, ibiganiro birimo kubera I Munich
mu Budage.
Ku munsi wa mbere w'iyi nama ibibazo by'umutekano muke mu bihugu bya Syria na Ukraine nibyo byagarutsweho na bitabiriye iyi nama hashakwa icyakorwa kugirango umutekano ugaruke muri ibyo bihugu.
Perezida wa Repubulika Paul kagame nk'umukuru w’Igihugu unafite inshingano zo kuyobora Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe muri uyu mwaka, biteganyijwe ko ku gicamunsi cyo kuri uyu wa gatandatu azatanga ikiganiro ku bari muri iyi nama, ikiganiro cyizagaruka ku buryo bwo kugarura umutekano mu kace ka Sahel ku mugabane w’Afrika.
Naho ku Cyumweru we n’abandi bakuru b’ibihugu bakazaganira ku bijyanye no kubungabunga umutekano w’ikiremwamuntu.
Munich Security Conference ni imwe mu nama
zikomeye ku Isi zifite intego yo kuganira ku bibazo bya Politiki n’iby’umutekano,
ububanyi n’amahanga, uburyo hashyirwa imbaraga mu burenganzira bw’ikiremwamuntu
no kurwanya iterabwoba.
Ku rundi ruhande kandi muri iyi nama Perezida wa Repubulika Paul Kagame yahuye na mugenzi we wa Burkina Faso Roch Marc Kaboré.
Aho I Munich kandi Minisitiri w'ububanyi n'amahanga n'ubutwererane w'u Rwanda Louise Mushikiwabo yatanze ikiganiro mu i huriro ry'abagore bari muri politiki ku isi (Women political leaders world Forum) aha Minisitiri Mushikiwabo yavuze ko abagore b'abanyapolitiki bafatanya n'abagabo kubaka ibihugu byabo.
Mu Rwanda minisitiri Mushikiwabo yavuze ko abagore bagira uruhare mu gushyiraho amategeko, bakaba bagira uruhare mu bikorwa byo gucunga umutekano, ndetse kuri ubu bafute uruhare rukomeye mu guhanga udushya no kugera ku iterambere.
Kuki Intara y'Amajyaruguru ikomeje kugaragaramo ibipimo biri hejuru mu bana bafite imirire mibi ...
Mar 27, 2024
Soma inkuru
MINEMA yasobanuye uko ikomeje gufasha abibasiwe n'ibiza biheruka kwibasira uduce tumwe tw' ...
Mar 27, 2024
Soma inkuru
Abanyamategeko 188 barangije amasomo y'Ubuhuza basabwe kugabanya umubare w'Imanza mu Nkiko
Mar 27, 2024
Soma inkuru
Bugesera: Abaturage basaga ibihumbi 40 bahawe amazi meza
Mar 27, 2024
Soma inkuru
Leta yatangiye kubarura inyubako zayo zidakorerwamo kugira ngo zibyazwe umusaruro
Mar 27, 2024
Soma inkuru
Asaga miliyari 417 Frw yashyizwe muri gahunda zo gufasha abarokotse Jenoside mu myaka 30
Mar 27, 2024
Soma inkuru
Haba hari umuti urambye wa gatanya zishingiye ku mitungo?
Mar 27, 2024
Soma inkuru
Perezida Kagame yakiriye abanyeshuri n’abarimu ba Kaminuza ya Stanford
Mar 26, 2024
Soma inkuru