AGEZWEHO

  • Rusizi: Abarokotse Jenoside bagaragaje ko nta Mututsi wari wemerewe guhinga umuceri mu Bugarama – Soma inkuru...
  • Gen Mubarakh Muganga yagiriye uruzinduko muri Jordanie (Amafoto) – Soma inkuru...

Perezida Kagame yihanganishije Burkina Faso nyuma y'igitero cy'abagizi ba nabi

Yanditswe Mar, 03 2018 12:35 PM | 7,841 Views



Perezida wa Repubulika Paul Kagame unayoboye Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe muri uyu mwaka, yihanganishije abanya-Burkina Faso nyuma y’igitero cyagabwe i Ouagadougou mu murwa Mukuru, kikagwamo abashinzwe umutekano barindwi na batandatu mu bakigabye. Ni ubutumwa umukuru w’igihugu yashyize ku rukuta rwe rwa Twitter

Imibare y’agateganyo yatangajwe ni uko batandatu muri aba bagabye igitero bishwe, barindwi mu ngabo za Burkina Faso nabo bakitaba Imana. Abandi batandatu bakomeretse barimo abasivile babiri. Hari andi makuru avuga ko abantu 80 aribo bakomerekeye muri iki gitero.

Perezida Kagame abinyujije ku rukuta rwe rwa Twitter, yafashe mu mugongo abaturage ba Burkina Faso ndetse yihanganisha na mugenzi we Roch Marc Christian Kaboré.

Yagize ati “Twihanganishije abaturage ba Burkina Faso ku bw’ubuzima bw’abaguye mu gitero cy’iterabwoba uyu munsi i Ouagadougou. Nifatanyije na mugenzi wanjye Perezida Roch Marc Christian Kaboré mu kurwanya ibitero mu gace ka Sahel.”



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Abanyarwanda bategujwe imvura idasanzwe mu mpera za Mata

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu