AGEZWEHO

  • Miliyari zirenga 2 Frw zishyuwe hadakurikije amategeko – Soma inkuru...
  • Gatsibo: Bijejwe guhabwa umuhanda wa Kaburimbo amaso ahera mu kirere – Soma inkuru...

Perezida Kagame yazamuye mu ntera abofisiye barenga 900

Yanditswe May, 12 2021 12:53 PM | 33,007 Views



Kuri uyu wa Gatatu Perezida wa Repubulika Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, yazamuye mu ntera abasirikare  987, abandi bashyirwa mu myanya itandukanye yiganjemo iy’abashinzwe ibikorwa bya gisirikare muri za Ambasade z’u Rwanda mu mahanga.

Mu itangazo ryashyizwe hanze n’Ubuyobozi bw’Ingabo z'u Rwanda, Brig Gen Joseph Demali, yagizwe uhagarariye ibikorwa bya  gisirikare muri Ambasade y’u Rwanda muri Turukiya.

Brig Gen Joseph Demali  yigeze kuba Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u  Rwanda zirwanira mu kirere.

Lieutenant Colonel Stanislas Gashugi yazamuwe mu ntera agirwa Colonel, anashingwa guhagararira ibikorwa bya gisirikare muri Ambasade y’u Rwanda muri Tanzania.

Major Ephrem Ngoga yagizwe Lieutenant Colonel, anashingwa guhagararira ibikorwa bya gisirikare muri Ambasade y’u Rwanda muri Kenya,  na ho Major Eustache Rutabuzwa yashinzwe ibikorwa bya gisirikare muri Ambasade y’u Rwanda muri Canada.

Perezida Kagame kandi yazamuye mu ntera Aba-Ofisiye 665, bavanwa ku ipeti rya Lieutenant bagirwa Captain, abandi 319 bari ku ipeti rya Second Lieutenant bazamuwe mu ntera bagirwa Lieutenant.



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Urubyiruko rwavutse nyuma ya Jenoside rugeze he rwigishwa amateka yaranze u Rwan

Musanze: Hatangijwe igikorwa cyo gusuzuma kanseri y’inkondo y’umura

Ingabo z'u Rwanda n’iza Jordanie zaganiriye ku kubyutsa imikoranire m

U Rwanda rwongeye kugaragaza ko rwiteguye kwakira abimukira bazava mu Bwongereza

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na mugenzi we w'u Bufaransa

Nkunduwimye yashinjwe gufatanya na Georges Rutaganda gutanga intwaro zakoreshejw

Abanyarwanda bategujwe imvura idasanzwe mu mpera za Mata

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama