AGEZWEHO

  • Perezida Kagame yamwenyuye nyuma y'intsinzi ya Arsenal FC – Soma inkuru...
  • NAEB yagaragaje ko ibyoherezwa hanze bituruka ku ndabo n'imbuto byageze kuri toni 1000 ku kwezi – Soma inkuru...

Perezida Kagame yatangije umwiherero w’Abayobozi b’Inzego za EAC

Yanditswe Mar, 29 2019 15:45 PM | 3,572 Views



Perezida wa Repubulika y'u Rwanda, Paul Kagame yatangije umwiherero w’abayobozi b’inzego za EAC, kuri uyu wa Gatanu, tariki 29 Werurwe 2019.

Atangiza uyu mwiherero, Perezida w'u Rwanda yasabye aba bayobozi gukomeza umurongo wo gufata ibyemezo biteza imbere abatuye uyu muryango. Uyu mwiherero usoza ukwezi kwahariwe iterambere ry’umugore. Uhurije hamwe abantu bagera kuri 300 barimo abayobozi mu nzego za Leta, abikorera, Abafatanyabikorwa, Imiryango itari iya Leta, Abanyamadini, Sosiyete sivili. 

Ministre w'uburinganire n'iterambere ry'umuryango Amb. Solina Nyirahabimana avuga ko muri uku kwezi hakozwe ibikorwa bitandukanye bijyanye n'iterambere ry'umugore birimo gusezeranya imiryango yabanaga mu buryo butemewe n'amategeko, kuremera imiryango itishoboye, guha ibikoresho abize amasomo y'ubumenyingiro/imyuga. 

Ministre Nyirahabimana yashimiye abitabiriye uyu mwiherero by'umwihariko uruhare inzego zitandukanye zagize mu kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga w'Abagore no mu kwezi kwahariwe iterambere ry'umugore. Umuhuzabikorwa w'amashami y'umuryango w'abibumbye mu Rwanda Fode Ndiaye yagaragaje ko uburinagnire ari ingenzi mu iterambere rirambye, ko inzego zitandukanye zikwiye gukorera hamwe kugira ngo umugore n'umugabo, umusore n'umukobwa bagire uburenegnzira bumwe n'amahirwe angana. Yerekanye ko uburingaire no kongerera ubushobozi umugore bikomeje kuba mu by'imbere abafatanyabikorwa bashyizemo imbaraga.




Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

U Rwanda rwongeye kugaragaza ko rwiteguye kwakira abimukira bazava mu Bwongereza

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na mugenzi we w'u Bufaransa

Nkunduwimye yashinjwe gufatanya na Georges Rutaganda gutanga intwaro zakoreshejw

Abanyarwanda bategujwe imvura idasanzwe mu mpera za Mata

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize