Yanditswe Aug, 26 2022 18:27 PM | 111,841 Views
Perezida wa Repubulika Paul
Kagame yasuye umukecuru w'imyaka 110, umukecuru wagaragaje ko imiyoborere y'u
Rwanda ifite ubudasa agahamagarira urubyiruko kurangwa n'ishyaka n'ingeso
nziza.
Byose byatangiye muri 2010.Ubwo Perezida Kagame yiyamamarizaga mu Karere ka Nyamagabe mu matora y'Umukuru w’Igihugu. Umukecuru ugeze mu zabukuru yaramwegereye maze na we ntiyamubuza. Atajuyaje, uwo mukecuru Nyiramandwa Rachel wasizwe iheruheru na Jenoside yakorewe Abatutsi,yasabye Perezida Kagame amata.
Ntakuzarira, Perezida Kagame yamugabiye inka maze ku bwo kunyurwa umukecuru Nyiramandwa Rachel yita iyo nka Mporamausanga nk'ikimenyetso cy'isano n'urukundo afitiye Umukuru w'igihugu. Kuva icyo gihe uko Perezida Kagame yasuraga Akarere ka Nyamagabe yahuraga na Nyiramandwa Rachel wahawe izina ry'umukecuru wa Perezida.
Bitandukanye n'ibihe byabanje,ubwo Perezida Kagame yasuraga Akarere ka Nyamagabe ku wa 26 Kanama 2022, yabanje gusura Nyiramandwa Rachel, umukecuru w'imyaka 110 bigaragara ko amaze kugira intege nke.
Akigera mu nzu nshya yubakiwe,Perezida Kagame yabwiye mukecuru Nyiramandwa ko yaje kumusura.Uyu mubyeyi ibyishimo byamusabye atangira kiririmbira umukuru w'igihugu ahita atangaza ko imiyoborere ye ifite ubudasa.
Nyiramandwa Rachel agira abashyitsi benshi barimo n'abana akamira,ariko kuri iyi nshuro umushyitsi we yari Perezid w'u Rwanda. Nta gihunga yigeze agira ahubwo wabonaga yisanzuye kuwo yita Rudasumbwa wamushumbushize ubwo izo yamugabiye zagiraga ikibazo. Mukecuru Nyiramandwa Rachel yahanuye urubyiruko kurangwa n'ishyaka n'ingeso nziza.
Abazi umukecuru Nyiramandwa Rachel bazi uburyo ahora asabira amahoro n'imigisha Perezida n'umuryango we.Yongeye kubihamya ubwo yari ari kumwe na Perezida mu ruganiriro rw'inzu igezweho yubakiwe.
Ababonye Perezida Kagame ajya gusura umukecuru w'imyaka 110 bahuriye mu bikorwa byo kwiyamamaza bahamije ko iki ari ikimenyetso cy'umuyobozi w'imboneka rimwe ukunda abo ayobora.
Jean Pierre KAGABO
Urubyiruko rwavutse nyuma ya Jenoside rugeze he rwigishwa amateka yaranze u Rwanda?
Apr 24, 2024
Soma inkuru
Musanze: Hatangijwe igikorwa cyo gusuzuma kanseri y’inkondo y’umura ku bafite hagati y ...
Apr 24, 2024
Soma inkuru
Ingabo z'u Rwanda n’iza Jordanie zaganiriye ku kubyutsa imikoranire mu bya gisirikare
Apr 24, 2024
Soma inkuru
U Rwanda rwongeye kugaragaza ko rwiteguye kwakira abimukira bazava mu Bwongereza
Apr 23, 2024
Soma inkuru
Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na mugenzi we w'u Bufaransa
Apr 23, 2024
Soma inkuru
Nkunduwimye yashinjwe gufatanya na Georges Rutaganda gutanga intwaro zakoreshejwe kwica Abatutsi
Apr 23, 2024
Soma inkuru
Abanyarwanda bategujwe imvura idasanzwe mu mpera za Mata
Apr 21, 2024
Soma inkuru
Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera amaboko amahanga
Apr 19, 2024
Soma inkuru