AGEZWEHO

  • Ambasaderi Rutabana yagaragaje uko u Rwanda rwaharaniye ubudaheranwa nyuma ya Jenoside – Soma inkuru...
  • Ni igikorwa kigayitse ku Bufaransa- Amb. Anfré avuga ku bakozi babo bishwe muri Jenoside – Soma inkuru...

Perezida Kagame yashyizeho abajyanama 5 mu Nama Njyanama y'Umujyi wa Kigali

Yanditswe Aug, 16 2019 21:16 PM | 9,597 Views



Itangazo riturutse mu Biro bya Minisitiri w'Intebe riravuga ko Perezida wa Repubulika yashyizeho abajyanama mu Nyama Njyanama y'Umujyi wa Kigali.

Riragira riti "Ashingiye ku Itegeko Nshinga rya Repubulika y'u Rwanda ryo mu 2003 ryavuguruwe muri 2015, cyane cyane mu ngingo ya 112; Ashingiye kandi ku Itegeko No 22/2019 ryo ku wa 29/07/2019 rigenga Umujyi wa Kigali cyane cyane mu ngingo yaryo 11, yashyizeho Abajyanama mu Nama Njyanama y'Umujyi wa Kigali ari bo:

Dr Jeannette Bayisenge, Gentille Musengimana, Gilbert Muhutu, Regis Mugemanshuro, Dr Ernest Nsabimana."

Itegeko rishya rigenga imitegekere n’imiterere y’umujyi wa Kigali riteganya ko uzagira abajyanama 11. Batandatu muri bo batorwa  mu turere 3 tw’umujyi, Gasabo, Kicukiro na Nyarugenge, babiri babiri umugore n’umugabo buri karere, bagatorwa na njyanama z’imirenge, mu gihe abandi batanu bashyirwaho na Perezida wa Republika. Nyuma y'amatora, bose barahirira rimwe.

Biteganyijwe ko kuri uyu wa 17 Kanama 2019 ari bwo abajyanama 6 bazatorwa mu turere tugize Umujyi wa Kigali.



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira

Rubavu: Abarokotse Jenoside baravuga ko ubuvuzi bahawe na Leta bwatumye bagarura