AGEZWEHO

  • Kwibuka ni inshingano, Jenoside si ikamba twirata- Madamu Jeannette Kagame – Soma inkuru...
  • Miliyari zirenga 2 Frw zishyuwe hadakurikije amategeko – Soma inkuru...

Perezida Kagame yashimye abafatanyabikorwa bafatanyije n’u Rwanda mu kwita ku ngagi

Yanditswe Sep, 24 2021 21:10 PM | 59,004 Views



Perezida Paul Kagame yavuze ko u Rwanda rutazahwema gushora amafaranga mu bukerarugendo hagamijwe kongera abasura ibyiza by’igihugu, anashima abafatanyabikorwa bose bafatanyije n’u Rwanda mu kwita ku ngagi. 

Ibi Umukuru w’Igihugu yabivugiye mu muhango wo kwita izina ku nshuro ya 17, wijihijwe ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatanu.

Kuri iyi nshuro abana biswe amazina ni 24, bava mu miryango 14.

Mu bise amazina harimo ibyamamare bitandukanye nka Masai Ujiri uyobora ikipe ya Toronto Raptors, abakinnyi b'ikipe ya Arsenal na Paris Saint Germain, ndetse n’abahanzi b’Abanyarwanda nka Bruce Melodie n’abandi.

Zephanie Niyonkuru Umuyobozi Mukuru wungirije w'Urwego rw'Igihugu rw'Iterambere (RDB) yavuze ko mu gihe hizihizwa uyu munsi hanateganyijwe kwagura Parike z'Igihugu cyane cyane iy’Ibirunga ari na yo icumbikiye Ingagi.

Perezida Kagame yavuze ko  kubera icyorezo cya Covid19, cyatumye umubare w’abasura ingagi na pariki z’u Rwanda bagabanuka, ariko ko bitaciye intege umugambi w' u Rwanda wo kurushaho guteza imbere ubukerarugendo.

Yagize ati “Kubera iki cyorezo umubare w’abasura pariki hirya no hino mu Rwanda waragabanutse, ariko umurimo w'ingenzi wo kubungabunga urusobe rw’ibinyabuzima wo warakomeje, ibi bikubiyemo gahunda yo gusangira inyungu iva mu bukerarugendo ikomeje gutera inkunga imishinga y’ingirakamaro ku baturage bakikije pariki, uko abakerarugendo bagenda bagaruka bazakomeza kuryoherwa bidasanzwe bijyanye n’uko babyifuza.”

Yunzemo ati “Guverinoma y'u Rwanda izakomeza gushora imu rwego rw'ubukerarugendo hagamijwe kuzamura ubukungu no kubungabunga ibyiza nyaburanga twihariye uko ibihe bigenda bihita, turimo kugerageza gukingira abantu benshi bashoboka kugira ngo Abanyarwanda n'abashyitsi bacu bakomeze kugira ubuzima bwiza, intego yacu ni uko u Rwanda rukomeza kuba igihugu gitekanye kandi nyabagendwa.”

Muri uyu muhango kandi abaturage baturiye Pariki y’Ibirunga icumbikiye ingagi, bagaragaje ko banyuzwe n’inyungu zibageraho zivuye mu bukerarugendo.


Fiston Felix Habineza



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Ubuhamya bw'abakinnyi barokowe na Siporo muri Jenoside yakorewe Abatutsi

REG BBC yisubije Thomas Cleveland Jr

Oscar Pistorius yafunguwe ku mbabazi nyuma y'imyaka 9 afunze kubwo kwica um

Jurrien Timber myugariro wa Arsenal ari mu Rwanda muri Gahunda ya Visit Rwanda

Twitege iki kuri Tour du Rwanda ya 2024?

Amagare: FERWACY yabonye abayobozi bashya

Perezida Kagame yakiriye abegukanye ibihembo bya Trace Awards 2023

Car Free Day: Umujyi wa Kigali washimiwe kugira ibikorwaremezo byorohereza abage