AGEZWEHO

  • Miliyari zirenga 2 Frw zishyuwe hadakurikije amategeko – Soma inkuru...
  • Gatsibo: Bijejwe guhabwa umuhanda wa Kaburimbo amaso ahera mu kirere – Soma inkuru...

Perezida Kagame yasabye abofisiye bashya kurangwa n'ikinyabupfura

Yanditswe Nov, 04 2022 16:54 PM | 100,982 Views



Perezida wa Repubulika Paul Kagame, akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda aributsa ko inshingano ya mbere abashinzwe umutekano w’u Rwanda bafite ari ukurinda igihugu n’abagituye, ibindi birimo nk’intambara bigakorwa mu gihe byabaye ngombwa gusa.

Ibi bikubiye mu butumwa, Umukuru w’igihugu yatanze ubwo yasozaga amasomo y’Abofisiye 515 barimo abakobwa 53 bahawe ipeti rya Sous – Lieutenant mu Ngabo z’u Rwanda.

Perezida wa Repubulika Paul Kagame akaba n’umugaba w’ikirenga w’ingabo z’u Rwanda yabanje kunyura mu basore n’inkumi basoje imyitozo ihambaye n’amasomo maze areba uko batyarijwe kuzarinda u Rwanda.

Ku karasisi batanyuranya bongeye kuzamura amarangamutima y’ababyeyi, abavandimwe n’inshuti bari bakoraniye mu mbuga ngari iherereye mu ishuri rikuru rya Gisirake rya Gako.

Maze ashingiye ku biteganywa n’itegeko nshinga, Perezida wa Repubulika Paul Kagame abaha ipeti rya Sous-Lieutenant.

Ryakurikiwe no kurahirira inshingano nshya binjiyemo, aha ni ho abagera kuri 24 bigiye hanze y’u Rwanda mu bihugu 7 birimo u Bwongereza, Leta zunze Ubumwe za Amerika, u Burusiya, Kenya, Qatar, u Butaliyani, Sri Lanka basanze bagenzi babo maze bose bararahira.

Perezida wa Repubulika Paul Kagame akaba n’umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda yashimiye aba basoje amasomo anabibutsa insingano y’ibanze bafite nk’ingabo z’u Rwanda.

Umukuru w’igihugu kandi yasabye aba basoje amasomo ko ibyo bazakora byose bakwiye kuzarangwa na discipline  (ikinyabupfura) bitabaye ibyo ngo ngo uru rugendo bashoje rwaba ari impfabusa.

Abasoje amasomo muri rusange ni 568 barimo abasore 515 n’abakobwa 53.

Muri bo 475 basoje amasomo y’umwaka 1 na 93 basoje amasomo y’imyaka 4.

Muri aba kandi 58 barangije mu ishami ry’imibanire y'abantu (Social Sciences), 20 mu ishami ry' ubuvuzi rusange, barimo kandi 15 barangije mu ishami ry’ikoranabuhanga (Mechanical Engineering).



Paul RUTIKANGA



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Urubyiruko rwavutse nyuma ya Jenoside rugeze he rwigishwa amateka yaranze u Rwan

Musanze: Hatangijwe igikorwa cyo gusuzuma kanseri y’inkondo y’umura

Ingabo z'u Rwanda n’iza Jordanie zaganiriye ku kubyutsa imikoranire m

U Rwanda rwongeye kugaragaza ko rwiteguye kwakira abimukira bazava mu Bwongereza

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na mugenzi we w'u Bufaransa

Nkunduwimye yashinjwe gufatanya na Georges Rutaganda gutanga intwaro zakoreshejw

Abanyarwanda bategujwe imvura idasanzwe mu mpera za Mata

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama