AGEZWEHO

  • Tariki 20 Mata 1994 ni bwo Umwamikazi Gicanda yishwe – Soma inkuru...
  • Tariki 19 Mata 1994: Imyaka 30 irashize Sindikubwabo atangije Jenoside mu cyahoze ari Butare – Soma inkuru...

Perezida Kagame yasabye Abanyarwanda kudatezuka ku ndangagaciro zabaranze mu myaka 26 ishize

Yanditswe Jul, 04 2020 21:27 PM | 32,608 Views



Perezida wa Repubulika Paul Kagame yashimiye buri wese watanze umusanzu we ngo u Rwanda rugere aho rugeze muri iyi myaka 26 ishize rwibohoye, ariko kandi asaba buri munyarwanda guhora iteka azirikana inyungu rusange aho kwitekerezaho wenyine.

Ibi Umukuru w'igihugu yabigarutseho mu butumwa yageneye abanyarwanda kuri iyi sabukuru ya 26 yo Kwibohora.

Kwizihiza isabukuru y'imyaka 26 ishize u Rwanda rwibohoye byabereye mu Murenge wa Tabagwe mu Karere ka Nyagatare Intara y'Iburasirazuba. 

Perezida wa Repubulika Paul Kagame yatashye ibikorwa by'amajyambere bitandukanye byubakiwe abatuye muri aka gace. Muri byo, harimo n'umudugudu w'icyitegererezo wa Gishuro uzatuzwamo imiryango itishoboye 64. 

Uretse inzu zifite ubwogero n'ubwiherero bw'imbere mu nzu n'ubwo hanze, abatujwe muri uyu mudugudu bagenewe ibiryamirwa, intebe n'ameza byo mu ruganiriro, televiziyo n'igikoni kirimo gaz, amashyiga yayo n'andi akoresha ibindi bicanwa.

Abatujwe muri uyu mudugudu kandi bahuriye ku mushinga w'ubworozi bw'inkoko ibihumbi 2 zizabafasha kwiteza imbere, irerero ry'abana ryakira abagera ku 100, ivuriro rito (poste de sante) ndetse n'inka y'imbyeyi kuri buri muryango.

Mu ntera y'ibirometero bisaga 2 uvuye kuri uyu mudugudu, na ho hubatswe Ikigo Nderabuzima cya Tabagwe gifite ibitanda 24 by'abarwayi bavurirwa mu bitaro ndetse na serivisi y'ubuvuzi bw'amaso n'amenyo ziyongera ku zisanzwe zitangirwa ku rwego rw'ikigo nderabuzima. 

Hari kandi ishuri rya Tabagwe naryo ryubatswe mu buryo bugezweho, rikaba rifite ubushobozi bwo kwakira abanyeshuri 1418 bo mu mashuri abanza ndetse na 903 bo mu yisumbuye ndetse 300 muri bo bakaba bacumbikirwa n'ishuri. Umuhanda wa kaburimbo Nyagatare-Tabagwe-Karama ndetse n'ibindi bikorwa by'amajyambere nabyo byashyizwe muri aka gace, byubatswe ku bufatanye bw'ingabo z'u Rwanda, RDF n'izindi nzego, ibintu umuvugizi w'ingabo z'u Rwanda avuga ko bifitanye isano n'amateka y'urugamba rwo Kwibohora.

Mu rwego rwo kubungabunga ayo mateka kandi, muri aka gace hagiye kubakwa ingoro ndangamateka ya Gikoba na yo yitezweho kwinjiriza igihugu amadevize ndetse ikazanafasha mu iterambere ry'imibereho y'abaturage ba Nyagatare.

Mu butumwa yageneye Abanyarwanda, Perezida wa Repubulika Paul Kagame yasabye buri wese kudatezuka ku ndangagaciro zaranze abanyarwanda muri iyi myaka 26 ishize. 

Mu rwego rwo kwizihiza isabukuru y'imyaka 26 ishize u Rwanda rwibohoye hakozwe ibikorwa bitandukanye hirya no hino mu gihugu. Hubatswe imidugudu y'Icyitegererezo 14 mu turere 14, imidugudu y'abarokotse jenoside yatujwemo imiryango 528 itishoboye, imihanda, ibiraro, amavuriro, amashuri n'ibindi byose byatwaye asaga miliyari 88 z'amafaranga y'u Rwanda mu mwaka w'ingengo y'imari wa 2019/2020.

Inkuru irambuye mu mashusho

Amafoto (Urugwiro na Fils Museminali)

Divin UWAYO



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira