AGEZWEHO

  • Kwibuka ni inshingano, Jenoside si ikamba twirata- Madamu Jeannette Kagame – Soma inkuru...
  • Miliyari zirenga 2 Frw zishyuwe hadakurikije amategeko – Soma inkuru...

Perezida Kagame yanenze abayobozi badaterwa isoni no kutuzuza inshingano

Yanditswe Aug, 26 2022 18:01 PM | 106,784 Views



Perezida wa Repubulika Paul Kagame aranenga abayobozi badaterwa isoni no kutuzuza inshingano zabo akabasaba guhindura imyumvire n’imikorere kuko bitabaye ibyo kugeza igihugu ku cyerekezo cy’iterambere gifite byaba ari nk’inzozi.

Umukuru w’igihugu yabigarutseho mu ijoro ryakeye mu biganiro yagiranye n’abavuga rikumvikana bo mu Ntara y’Amajyepfo.

Ku munsi wa mbere w’uruzinduko rw’iminsi 4 agirira mu ntara y’Amajyepfo n’iy’Iburengerazuba Perezida wa Repubulika Paul Kagame yagiranye ibiganiro n’abavuga rikumvikana bo mu Ntara y’Amajyepfo, ibiganiro byabereye muri Kaminuza y’u Rwanda campus ya Huye.

Ikibazo cy’uruganda rwa Kinazi rutunganya ifu y’imyumbati rumaze imyaka 10 rutunganya ifu nkeya ugereranyije n’ubushobozi bwarwo ni kimwe mu byafashe umwanya munini muri ibi biganiro.

Aha Umukuru w’Igihugu yagaragaje ibyo biri mu bituma abahinzi b’imyumbati batongera umusaruro icyakora Minisitiri w’Ubucuruzi n’inganda Dr. Ngabitsinze Jean Chrysostome yizeza ko kigiye kuvugutirwa umuti mu maguru mashya.

Ikindi kibazo Umukuru w’Igihugu yagarutseho ni icya laboratwari y’ubuvuzi ya Kaminuza y’u Rwanda iri ahitwa i Mamba mu Karere ka Huye yubatswe mu myaka 9 ishize ariko ikaba idakoreshwa icyo yubakiwe.

Iki kibazo kimwe n’icy’uruganda rwa Kinazi Umukuru w’igihugu yagaragaje ko byombi bifitanye isano n’imitekerereze idahwitse ituma n’imikorere iba mibi avuga ko bitumvikana uburyo abayobozi badaterwa ikimwaro no kutuzuza inshingano zabo.

Muri rusange abitabiriye ibi biganiro byamaze amasaha ane bijeje Umukuru w’Igihugu impinduka ndetse banamugezaho ibibazo n’ibyifuzo binyuranye biganisha ku iterambere ry’intara y’Amajyepfo n’igihugu muri rusange.

Intara y’Amajyepfo ituwe n’abaturage basaga miliyoni ebyiri batuye mu turere 8 natwo tugizwe n’imirenge 101.

Divin UWAYO



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Ubuhamya bw'abakinnyi barokowe na Siporo muri Jenoside yakorewe Abatutsi

REG BBC yisubije Thomas Cleveland Jr

Oscar Pistorius yafunguwe ku mbabazi nyuma y'imyaka 9 afunze kubwo kwica um

Jurrien Timber myugariro wa Arsenal ari mu Rwanda muri Gahunda ya Visit Rwanda

Twitege iki kuri Tour du Rwanda ya 2024?

Amagare: FERWACY yabonye abayobozi bashya

Perezida Kagame yakiriye abegukanye ibihembo bya Trace Awards 2023

Car Free Day: Umujyi wa Kigali washimiwe kugira ibikorwaremezo byorohereza abage