AGEZWEHO

  • Tariki 19 Mata 1994: Imyaka 30 irashize Sindikubwabo atangije Jenoside mu cyahoze ari Butare – Soma inkuru...
  • U Bubiligi: Uwahamijwe ibyaha bya Jenoside yashinje Nkunduwimye kujya mu nama zayiteguraga – Soma inkuru...

Perezida Kagame yagarutse ku mubano w'u Rwanda n'u Burundi, Uganda na DRC

Yanditswe Sep, 07 2020 11:15 AM | 45,531 Views



Mu kiganiro Perezida wa Repubulika Paul Kagame  yagaragaje ko umubano w'u Rwanda n'ibihugu bituranye nka Burundi na Uganda, hakirimo agatotsi gusa ngo umubano w’ibihugu byose ushingira ku nyungu byose biwufitemo.

Muri iki kiganiro Perezida wa Repubulika Paul Kagame,yavuze ko mbere na mbere u Rwanda rwagaragaje ubushake bwo gushaka kubana neza n'ibindi bihugu ndetse no guteza imbere ibiganiro hagati y'impande zombi kandi ko ariyo nzira bigaraga ko izakomeza kunyurwamo.

Yagize ati "Umubano wacu n’u Burundi na Uganda biracyarimo agatotsi ni ibintu bigishaka ibyo twakora kugira ngo bifate umurongo abantu babane neza ndetse nko ku Burundi ngirango mwagiye mubikurikirana twagerageje gukora ibyo dushoboye bijyanye n’aho igihe cyigeze n’ibyakorwa kugira ngo tube twabana ariko abarundi ntabwo babyihutiye ntabwo babyitabiriye uko ubundi byari bikwiye ariko twembe twerekanye ubushake ariko muri ubu bushake tunavuga ko buriye iyo umuntu agushaka ngo mubane neza biri mu nyungu zanyu mwembi.’’

Umukuru w'Igihugu kandi avuga ko hakenewe ubucuti yise "buzima" hagati y'ibyo bihugu n'u Rwanda, u Burundi na Uganda aho gushyiraho amananiza kuko imibanire y'ibihugu myiza atari u Rwanda gusa ruyungukiramo, inyungu ziba ziri ku mpande zombi.

Ati ‘’N’abanya Uganda kubana tubereka ibyo bakora bigamije guhungabanya u Rwanda bigira bitya bigahinduka bati twabikoze ejo hakavuka ibindi. Na bo ubutumwa ni bumwe bwo kuvuga ngo turashaka amahoro namwe, turashaka kumvikana namwe. Dushora kuba inshuti z’ibitangaza, kuba inshuti gusa zigirirana neza kugira ngo buri wese abone icyo yifuza ni aho twebwe turi kuri Uganda no ku Burundi...Hakenewe ubucuti buzima.’’

Ku bijyanye n'umubano w'u Rwanda na Repubulika Iharanira Demukarasi ya Kongo ku byaha byaba byarakozwe mu ntambara zo muri Congo; Perezida Kagame avuga ko izo ntambara z'amateka ingaruka zazo n'ibyaha by'intambara byazikozwemo bishyirwa ku Rwanda, kandi ababikora baba bashaka guhisha uruhare rwabo muri izo ntambara.

 Umukuru w’igihugu avuga kandi ko hari abantu baba babiri inyuma batishimiye umubano mwiza hagati y'u Rwanda na Congo kugirango ukuri kutajya ahagaragara ku ruhare rwabo.

Yagize ati  "Izi ntambara zabaye kandi zinafite amateka, koroshya buri kimwe cyose no kuvuga ngo u Rwanda rwakoze ibi n’ibi, nshobora guhita mbyumva mu buryo bworoshye uburyo uwo ari we wese uburimo ategura gukora. Ni nko gufata ibi byose ukabikura ku bandi kubishyira ku Rwanda kuko bitanga Mask nziza cyane ishobora guhisha ibyo bashaka guhisha bijyane n’uruhare rwabo bwite. Mu by’ukuri njyewe sinumva ukuntu umuntu ari kwigaragambya arwanya ambasade yacu i Kinshasa[ ni iyihe nkuru ko ntayumva ?] ko ambasaderi uri hariya mu kugerageza kunoza umubano hagati y’ibihugu byombi, bituranye, bivandimwe byakabaye bikorana neza, bishatse kuvuga ko ubikora aba arwanya uyu mubano. Yego, ibyo bisobanuye ko inyuma y’ibyo hari abantu batishimiye umubano mwiza, kuko uwo mubano ugomba guhoramo amakimbirane no guhangana kugira ngo ukuri k’ uruhare rwabo kutajya ahagaragara.’’

Perezida Kagame yagaragaje ko hamwe no guhangana n'ingaruka za COVID19 ku bukungu bw'umuryango w'Afurika y'Iburasirazuba u Rwanda rukomeza gushora imari mu nzego zitandukanye, guteza imbere inganda, haba mu Rwanda no mu bindi bihugu bya EAC kongererera agaciro umusaruro w'ibikomoka mu karere, ndetse no guteza imbere imikoranire myiza mu bihugu bigize uwo muryango hashakishwa ishoramari mu guhangana n'izo ngaruka z'ubukungu zatewe na covid19.

Ku bibazo by'imibanire y'ibihugu byo mu muryango wa  EAC, yagaragaje ko hazakomeza gutezwa imbere ikoranabuhanga kugirango hakomeze ibiganiro, kuko muri ibi bihe bya COVID19 bigenda gahoro.


Bienvenue Redemptus



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira