AGEZWEHO

  • Ingengo y’imari Leta ishyira mu kugaburira abana ku ishuri yikubye inshuro 15 – Soma inkuru...
  • Ambasaderi Rutabana yagaragaje uko u Rwanda rwaharaniye ubudaheranwa nyuma ya Jenoside – Soma inkuru...

Perezida Kagame yagaragaje uruhare rw’umuyobozi mu mpinduka mu mibereho y’abayoborwa

Yanditswe Sep, 16 2021 18:16 PM | 58,019 Views



Perezida wa Republika Paul Kagame ubwo yagezaga ikiganiro ku bitabiriye inama y’ikigo cyo mu Budage cya Stern Stewart Institute, yagaragaje ko hakwiye kuba imikoranire hagati y’abayobozi n’abayoborwa, ndetse asobanura ko imiyoborere itagomba gushingira ku miterere y’umuntu wisanze ari umuyobozi.

Muri iki kiganiro kandi Perezida Kagame yagaragaje uruhare rw’umuyobozi n’ubuyobozi mu mpinduka ziba mu mibereho y’abayoborwa.

Yagize ati “Mbere na mbere ubuyobozi bukwiye kumvikana mu buryo bw’imikoranire hagati y’abayobozi n’abayoborwa. Ntabwo ari ibijyanye n’imiterere y’umuntu byabaye ngomba ko aba umuyobozi. Mfite ibintu 2 byihariye mu bitekerezo byanjye. Icya 1 ni icyizere abaturage baba bafite ko umuntu arimo gukora ku bw’inyungu y’igihugu. Icya 2 ni uburyo bwo kubazwa inshingano zitanga umusaruro abaturage bategereje.”

Yunzemo ati “Kenshi na kenshi kuba abayobozi bemewe bishingira ku nzira banyuzemo n’uburyo bageze ku mwanya bariho, cyangwa se ku buryo bava kuri iyo mirimo. Ibindi biba hagati aho usanga bihabwa agaciro gake nyamara umusaruro mwiza cyangwa mubi w’ibyo umuyobozi yakoze biterwa n’uko abaturage baba bamubona. Rero usanga kenshi habaho kunyuranya hagati y’imyumvire y’abari imbere mu gihugu n’iy’abanyamahanga ku mikorere y’abayobozi batandukanye."

Umukuru w’Igihugu yavuze ko umuyobozi cyangwa ubuyobozi butanga umusaruro ufatika mu mibereho myiza y’abaturage aba yageze ku nshingano uko bikwiye, gusa ashimangira ko abayobozi badashobora gukora bonyine.

Ati "Abayobozi ntibashobora kuyobora ibihugu bonyine. Bashobora gushyiraho umurongo n’icyerekezo bakanazamura urugero rw’ibyifuzwa kugerwaho, babishyizemo rubanda mu buryo butaziguye. Ni yo mpamvu muri Afrika abayobozi tumara igihe kinini tugirana ibiganiro n’abaturage bacu. No mu Rwanda ni uko bimeze. Gushyira ingufu mu kuzamura urubyiruko intego ni ukugirango bigire, bigirire icyizere kurushaho babe abahanga ibishya kurusha uko byari bimeze mu bisekuruza byatambutse. Bitategenze gutyo nta yinzi nzira yo kurinda ibyo igihugu cyacu cy’u Rwanda cyagezeho mu myaka 27 ishize."



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira

Rubavu: Abarokotse Jenoside baravuga ko ubuvuzi bahawe na Leta bwatumye bagarura