AGEZWEHO

  • Nyabihu: Abarokotse Jenoside batewe impungenge n'ingengabitekerezo ya Jenoside ikihagaragara – Soma inkuru...
  • Perezida Kagame yihanganishije Abanya-Kenya ku rupfu rw’Umugaba Mukuru w'Ingabo – Soma inkuru...

Perezida Kagame yagaragaje uko amahoro n'umutekano byabaye inzira y'impinduka muri Afurika

Yanditswe Dec, 18 2021 16:38 PM | 42,117 Views



Perezida wa Repubulika Paul Kagame avuga ko amahoro n’umutekano ndetse n’imiyoborere myiza byabaye ishingiro ry’inzira y’impinduka ku iterambere ry’u Rwanda n’Afurika muri rusange.

Ibi Umukuru w’Igihugu yabivugiye mu nama y’iminsi ibiri ibera mu murwa mukuru w’ubucuruzi wa Turukiya wa Istanbul.

Iyi nama yo ku rwego rwo hejuru ihuje abayobozi bo ku rwego rw’abakuru b’ibihugu na za guverinoma muri Afrika na Turukiya.

Ni inama yiga ku bufatanye bw’impande zombi cyane cyane iterambere ry’ubukungu,umutekano n’ibindi.

Perezida wa Repulika Paul Kagame ari mu bakuru b’ibihugu na za guverinoma b’Afurika 40 bitabiriye iyi nama.

Perezida Kagame yabwiye abitabiriye iyi nama ko amahoro n’umutekano bikomeje kuba ishingiro ry’impinduka zikomeje kugaragara mu iterambere ry’Afurika ndetse n’u Rwanda by’umwihariko

Yagize ati “Icya mbere amahoro n’umutekano nkuko byasobanuwe n’umuyobozi wa Komisiyo ya Afurika ndetse n’imiyoborere byabaye ishingiro ry’impinduka kuri twese. U Rwanda ruzakomeza gutanga umusanzu warwo rufatanije n’ibindi bihugu bya Afurika gukora uko rushoboye kugira ngo ituze n’umutekano bisugire ku mugabane wacu.”

Yunzemo ati “Icya kabiri, icyorezo cya Covid-19 cyatweretse akamaro ko kubaka inzego z’ubuzima zihamye kandi kuri ibyo na byo Afrika birayireba.”

Perezida Kagame yavuze ko uburezi bukomeje kuba ku isonga muri Afurika bishingiye ku ku ngamba zijyanye no kubaka ubukungu bushingiye ku bumenyi.

Sylivanus Karemera



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira