AGEZWEHO

  • Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu – Soma inkuru...
  • Guhisha imibiri y'abazize Jenoside bifitanye isano n'ingengabitekerezo yayo- Dr Bizimana – Soma inkuru...

Perezida Kagame yagaragaje inyungu zo gufunguranira ikirere muri Afurika

Yanditswe Sep, 12 2022 11:40 AM | 112,825 Views



Perezida Kagame aravuga ko gufunguranira ikirere mu bihugu bya Afurika bizatuma ubuhahirane n'ubucuruzi kuri uyu mugabane burushaho kwihuta ndetse bikazamura n'urwego rw'ubukerarugendo muri rusange.

Mu gutangiza inama ya 6 yiga ku ngendo zo mu kirere muri Afurika, Umukuru w'igihugu yasobanuye ko icyorezo cya Covid19 cyakomye mu nkokora itwara ry'abantu n'ibintu mu kirere ryari rimaze kugera ku rwego rwiza muri Afurika.

Perezida wa Repubulika yavuze ko ari amahirwe kuba ingendo zarongeye gufungurwa ariko nanone ngo ibihugu bigize Umugabane wa Afurika bikwiye kwihutira gushyira mu bikorwa gahunda y'uyu mugabane urebana no gufunguranira ikirere izwi nka single African Air transport.

Iyi gahunda iramutse ishyizwe mu bikorwa byazamura ingano y'imirimo ihangwa ndetse n'ubuhahirane bukarushaho kuzamuka.

Umukuru w'Igihugu kandi yagaragaje ko sosiyete Rwandair ikomeje gutera intambwe ikomeye mu kwiyubaka no gutanga serivisi zinyuranye hirya no hino ku isi.

Yashimye kandi imikoranire myiza hagati y''u Rwanda na Qatar mu kwagura imikorere ya Rwandair no kubaka ikibuga cy'indege cya Bugesera, aho yizera ko ibi bikorwa bizarushaho kuzamura urwego rw'itwara ry'abantu n'ibintu mu kirere.

Perezida Kagame kandi yasobanuye ko gutanga ubumenyi bukenewe mu rubyiruko ari kimwe mu bizarufasha gutanga umusanzu warwo mu iterambere ryifashisha ikoranabuhanga.


Jean Claude MUTUYEYEZU




Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira

Rubavu: Abarokotse Jenoside baravuga ko ubuvuzi bahawe na Leta bwatumye bagarura

Impunzi z’i Kigeme ntizigihagaritse umutima kubera ibiza

Rubavu: Uko hahanzwe imishinga ikomeje gufasha mu iterambere ry'abarokotse

NEC yasobanuye ibisabwa ku baziyamamariza ku mwanya w’Umukuru w’Igih

Perezida Kagame yasabye ba ofisiye bashya ba RDF kwanga ubugwari n’ububwa,

Ba ofisiye 624 bashya binjijwe mu Ngabo z’u Rwanda (Amafoto)