Yanditswe Nov, 17 2019 11:35 AM | 28,622 Views
Perezida wa Repubulika Paul Kagame akaba n'Umugaba w'Ikirenga w'Ingabo z'u Rwanda avuga ko u Rwanda ari igihugu cyiteguye kurinda ubusugire bwacyo no guharanira amahoro y'abagituye mu gihe cyose byaba ngombwa.
Umukuru w'Igihugu ibi yabigarutseho mu muhango wo guha ipeti rya sous lieutenant abasaga 300 basoje amasomo yabo mu ishuri rikuru rya Gisirikare, Rwanda Military Academy, riri i Gako mu KKarere ka Bugesera.
Ni umuhango wasusurukijwe n'akarasisi ka gisirikare aho amasibo 6 y'abasozaga amasomo ndetse n'andi 2 y'abasanzwe mu Ngabo z'u Rwanda barangajwe imbere n'itsinda ya muzika ry'Ingabo z'u Rwanda, Military Band.
Nyuma y'akarasisi, ijambo nyamukuru ku barangije amasomo mu ishuri rikuru rya gisirikare rya Gako barigejejweho na Perezida wa Repubulika Paul Kagame akaba n'umugaba w'ikirenga w'ingabo z'u Rwanda wabahaye ipeti ribinjiza muri ba ofisiye mu ngabo z'igihugu.
Nyuma yo kwambikwa impeta za gisirikare ba ofisiye bashya mu Ngabo z'u Rwanda barahiriye kuzuza inshingano zabo.
Perezida Kagame yabagaragarije ko ikivi bamaze kusa gikwiye kububakamo imbaraga kuko uko bigira imbere ari na ko inshingano bafite zirushaho kuremera.
Aha Umukuru w'Igihugu yabibukije ko Ingabo z'u Rwanda zifite amateka yihariye yo gufatanya n'abaturage muri byose birimo iterambere ritagira uwo risigaza inyuma ndetse n'imibanire myiza n'amahanga ishingiye ku buhahirane n'ubwubahane buranga ibihugu.
Perezida Kagame wagaragaje ko igisirikare ari umwuga ntagereranywa n'abandi bakwiye kwitabira, yagaragaje ikinyabupfura nk'umusingi ufasha umusirikare kuzuza inshingano ze no kugera kure mu mwuga.
Ba ofisiye bashya binjiye mu ngabo z'igihugu nyuma yo gusoza amasomo yabo, na bo bashimangiye ko batahanye impamba izabafasha kuzuza inshingano zibategereje.
Ibi kandi byanagaragariye muri morali yo ku rwego rwo hejuru aba ba ofisiye bashya mu ngabo z'u Rwanda bari bafite, ibyishimo bari basangiye n'imiryango yabo na yo yari yakereye ibirori.
Perezida wa repubulika Paul Kagame yibukije ba ofisiye binjiye mu ngabo z'u Rwanda ko n’ubwo nyuma y'amasomo bagiye kubona ikiruhuko, imiterere y'umwuga wabo itabemerera kudamarara kuko iteka bagomba guhoza umutima wabo ku kazi bashinzwe.
Umugaba w'Ikirenga w'Ingabo z'u Rwanda yagaragaje ko nubwo u Rwanda ari igihugu cyifuza amahoro ku rundi ruhande runiteguye kuyaharanira no kurinda ubusugire bwacyo mu gihe cyose byaba ngombwa.
Mu bagera kuri 320 basoje amasomo, harimo 37 bagize icyiciro cya mbere cy'abize imyaka 4 bafatanya amasomo ya Kaminuza y'u Rwanda ndetse n'aya gisirikare, military sciences, bakaba barahawe impamyabumenyi y'icyiciro cya 2 cya kaminuza ndetse banahabwa ipeti rya sous lieutenant ryabinjije mu Ngabo z'u Rwanda nka ba ofisiye.
Inkuru mu mashusho
Reba umuhango wose uko wagenze
Divin UWAYO
Abasaga 200 bategerejwe i Kigali mu Iserukiramuco ‘Kigali Triennial’
Feb 12, 2024
Soma inkuru
Art Rwanda yatumye hahangwa imirimo 400 mu myaka 2
May 15, 2023
Soma inkuru