AGEZWEHO

  • Kwibuka ni inshingano, Jenoside si ikamba twirata- Madamu Jeannette Kagame – Soma inkuru...
  • Miliyari zirenga 2 Frw zishyuwe hadakurikije amategeko – Soma inkuru...

VIDEO: Perezida Kagame na Tshisekedi bagiranye ikiganiro n'itangazamakuru

Yanditswe Mar, 27 2019 07:52 AM | 5,499 Views



Perezida wa Republika Paul KAGAME asanga gukemura ibibazo birimo n'iby'umutekano muke mu karere bisaba ubuyobozi bufite politiki ihamye kandi bukemura ibibazo bubihereye mu mizi aho kwitana ba mwana; ibi yabigarutseho mu kiganiro Perezida Kagame na Perezida Felix Tshisekedi mu gusoza inama y'abayobozi b'ibigo by'ubucuruzi muri Africa (Africa CEO forum), kuri uyu wa Kabiri tariki 26 Werurwe 2019.

Perezida  KAGAME na mugenzi we wa Republika Iharanira Demokarasi ya Congo, muri iki kiganiro bagaragaje ko bahuriye ku guharanira iterambere ry’abaturage no kwishyirahamwe kw’ibihugu bya Afrika.

Abakuru b'ibihugu byombi bongeye gushimangira ko u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bishishikajwe n'ibyagirira akamaro ababituye aho kuba imbata y'amateka, bagaragaza ko gukorera hamwe nk'ibihugu by'ibituranyi bifitiye akamaro buri wese ndetse n'akarere muri rusange. 

Perezida Paul KAGAME yagaragaje ko kuri ubu icy'ingenzi hagati y'ibihugu byombi, akarere na Afurika muri rusange, ari ukugira abayobozi bafite politiki igamije guhindura imibereho y'abaturage.

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Felix Antoine Tshisekedi yagaragaje ko mugenzi we w'u Rwanda ari umukuru w'igihugu ushishikajwe n'iterambere ry'igihugu n'abaturage, akaba n'intwararumuri mu guharanira kwishyira hamwe kwa Afrika, kandi ko kuri we uwo ari we muyobozi igihugu cye cyifuza kugirana ubufatanye nawe.

Perezida Tshisekedi kandi, yongeye gushimangira ubushake bw'igihugu cye mu kurwanya imitwe y'iterabwoba ikorera mu mashyamba yo mu burasiazuba bw'igihugu cye nka FDLR, agaragaza ko nta ngengabitekerezo nzima irwanira.

Agaruka ku mubano w'u Rwanda na Uganda, Perezida Paul KAGAME yongeye gushimangira ko nta gihugu na kimwe cyungukira mu mibanire mibi hagati y'ibihugu byombi, agaragaza ko mu gihe kubana kivandimwe byaramuka byanze ntawe ukwiye guhungabanya umudenzo w'undi. Aha umukuru w'igihugu yongeye kunenga imyitwarire isa n'iya ba gashakabuhake, agaragaza ko iyo ari imyumvire ishaje.

Iki kiganiro cyahuriyemo abakuru b'ibihugu by'u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ni cyo cyasoje inama y'abayobozi b'ibigo by'ubucuruzi muri Africa, yari ihurije ababarirwa mu 1800 i Kigali kuva kuri uyu wa mbere.


Inkuru ya Divin UWAYO



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

U Rwanda rurishimira ibyagezweho mu kurwanya Malariya

Abadepite basabye Guverinoma gukemura ikibazo cyo gushyingura bihenze

Urubyiruko rwavutse nyuma ya Jenoside rugeze he rwigishwa amateka yaranze u Rwan

Musanze: Hatangijwe igikorwa cyo gusuzuma kanseri y’inkondo y’umura

Ingabo z'u Rwanda n’iza Jordanie zaganiriye ku kubyutsa imikoranire m

U Rwanda rwongeye kugaragaza ko rwiteguye kwakira abimukira bazava mu Bwongereza

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na mugenzi we w'u Bufaransa

Nkunduwimye yashinjwe gufatanya na Georges Rutaganda gutanga intwaro zakoreshejw