Yanditswe Mar, 27 2019 07:52 AM | 5,499 Views
Perezida wa Republika Paul KAGAME asanga gukemura ibibazo birimo
n'iby'umutekano muke mu karere bisaba ubuyobozi bufite politiki ihamye kandi
bukemura ibibazo bubihereye mu mizi aho kwitana ba mwana; ibi yabigarutseho mu kiganiro Perezida Kagame na Perezida Felix Tshisekedi mu gusoza inama y'abayobozi b'ibigo by'ubucuruzi muri Africa (Africa CEO forum), kuri uyu wa Kabiri tariki 26 Werurwe 2019.
Perezida KAGAME na mugenzi we wa Republika Iharanira Demokarasi ya Congo, muri iki kiganiro bagaragaje ko bahuriye
ku guharanira iterambere ry’abaturage no kwishyirahamwe kw’ibihugu bya Afrika.
Abakuru b'ibihugu byombi bongeye gushimangira ko u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bishishikajwe n'ibyagirira akamaro ababituye aho kuba imbata y'amateka, bagaragaza ko gukorera hamwe nk'ibihugu by'ibituranyi bifitiye akamaro buri wese ndetse n'akarere muri rusange.
Perezida Paul KAGAME yagaragaje ko kuri ubu icy'ingenzi hagati y'ibihugu
byombi, akarere na Afurika muri rusange, ari ukugira abayobozi bafite politiki
igamije guhindura imibereho y'abaturage.
Perezida
wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Felix Antoine Tshisekedi yagaragaje
ko mugenzi we w'u Rwanda ari umukuru w'igihugu ushishikajwe n'iterambere
ry'igihugu n'abaturage, akaba n'intwararumuri mu guharanira kwishyira hamwe kwa
Afrika, kandi ko kuri we uwo ari we muyobozi igihugu cye cyifuza kugirana
ubufatanye nawe.
Perezida Tshisekedi kandi, yongeye gushimangira ubushake bw'igihugu cye mu kurwanya imitwe y'iterabwoba ikorera mu mashyamba yo mu burasiazuba bw'igihugu cye nka FDLR, agaragaza ko nta ngengabitekerezo nzima irwanira.
Agaruka
ku mubano w'u Rwanda na Uganda, Perezida Paul KAGAME yongeye gushimangira ko
nta gihugu na kimwe cyungukira mu mibanire mibi hagati y'ibihugu byombi,
agaragaza ko mu gihe kubana kivandimwe byaramuka byanze ntawe ukwiye
guhungabanya umudenzo w'undi. Aha umukuru w'igihugu yongeye kunenga imyitwarire
isa n'iya ba gashakabuhake, agaragaza ko iyo ari imyumvire ishaje.
Iki
kiganiro cyahuriyemo abakuru b'ibihugu by'u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ni cyo cyasoje inama y'abayobozi b'ibigo by'ubucuruzi muri
Africa, yari ihurije ababarirwa mu 1800 i Kigali kuva kuri uyu wa mbere.
Inkuru ya Divin UWAYO
U Rwanda rwifatanyije n'isi mu munsi mpuzamahanga wo kurwanya Malariya
3 hours
Soma inkuru
Abadepite basabye Guverinoma gukemura ikibazo cyo gushyingura bihenze
3 hours
Soma inkuru
Urubyiruko rwavutse nyuma ya Jenoside rugeze he rwigishwa amateka yaranze u Rwanda?
Apr 24, 2024
Soma inkuru
Musanze: Hatangijwe igikorwa cyo gusuzuma kanseri y’inkondo y’umura ku bafite hagati y ...
Apr 24, 2024
Soma inkuru
Ingabo z'u Rwanda n’iza Jordanie zaganiriye ku kubyutsa imikoranire mu bya gisirikare
Apr 24, 2024
Soma inkuru
U Rwanda rwongeye kugaragaza ko rwiteguye kwakira abimukira bazava mu Bwongereza
Apr 23, 2024
Soma inkuru
Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na mugenzi we w'u Bufaransa
Apr 23, 2024
Soma inkuru
Nkunduwimye yashinjwe gufatanya na Georges Rutaganda gutanga intwaro zakoreshejwe kwica Abatutsi
Apr 23, 2024
Soma inkuru