AGEZWEHO

  • NAEB yagaragaje ko ibyoherezwa hanze bituruka ku ndabo n'imbuto byageze kuri toni 1000 ku kwezi – Soma inkuru...
  • Amateka ya Mohamood Thabani warohoye imibiri y'Abatutsi mu Kiyaga cya Victoria – Soma inkuru...

Perezida Kagame na Perezida Macron bitabiriye imurika mpuzamahanga rya VivaTech

Yanditswe May, 24 2018 21:52 PM | 61,188 Views



Perezida wa Republika Paul Kagame kuri uyu wa 4 yasuye ahabera imurika mpuzamahanga ry'ikoranabuhanga, aho yari kumwe na mugenzi we w'u Bufaransa, Emmanuel Macron. Iri murika rimenyerewe nka Viva Technology rirabera mu mujyi wa Paris.

Perezida w'u Rwanda Paul Kagame n'uw'Ubufaransa Emmanuel Macron basuye 'stand' zitandukanye z'abaryitabiriye, harimo n'iz'abanyarwanda. Aba banyarwanda bararigaragaza nk'urubuga mpuzamahanga rwo gusangira ubunararibonye no kureshya abashoramari baza mu gihugu cyabo cy'u Rwanda.

Abanyarwanda bari bafite stand igaragaza Kigali nk'umujyi uhangirwamo ibishya, ndetse harimo n'ibigo 8 bigitangira by'Abanyarwanda bikora ibijyanye n'ikoranabuhanga.

Gusura iri murika mpuzamahanga ry'ikoranabuhanga ni byo byanasoje uruzinduko rwa Perezida Kagame yagiriraga mu Bufaransa muri iyi minsi 2. 

Viva technology ni imurika ryitabirwa n'ibigo bikomeye bizwi mu isi y'ikoranabuhanga bikorera hirya no hino mu bihugu bitandukanye.



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

U Rwanda rwongeye kugaragaza ko rwiteguye kwakira abimukira bazava mu Bwongereza

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na mugenzi we w'u Bufaransa

Nkunduwimye yashinjwe gufatanya na Georges Rutaganda gutanga intwaro zakoreshejw

Abanyarwanda bategujwe imvura idasanzwe mu mpera za Mata

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize