AGEZWEHO

  • Rusizi: Abarokotse Jenoside bagaragaje ko nta Mututsi wari wemerewe guhinga umuceri mu Bugarama – Soma inkuru...
  • Gen Mubarakh Muganga yagiriye uruzinduko muri Jordanie (Amafoto) – Soma inkuru...

Perezida Kagame na Madamu mu ruzinduko rw’iminsi ibiri muri Botswana

Yanditswe Jun, 27 2019 09:56 AM | 8,485 Views



Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame  muri iki gitondo bageze i Gaborone, Umurwa Mukuru wa Botswana, mu ruzinduko rw’iminsi ibiri yatumiwemo na mugenzi we Perezida Mokgweetsi Eric Keabetswe Masisi  rugamije kuzamira umubano n’ubufatanye bw’ibihugu byombi.

Perezida Kagame araza gusura ibikorwa bitandukanye by’iterambere muri iki gihugu birimo ahantu hororerwa inka  zitanga inyama, iki gihugu cyohereza mu mahanga.

Uru ruzinduko kandi ruri mu gushimangira ibyo abakuru b’ibihugu byombi baherutse kuganiraho ubwo bahuriraga mu nama mpuzamahanga yiga ku bukundu bw’ isi izwi nka 'World Economic Forum' yabereye i Davos mu Busuwisi muri Mutarama uyu mwaka.

Biteganyijwe ko abakuru b’ibihugu byombi baza  kuganira, ndetse no kugirana  ikiganiro n’abanyamakuru.

Ku mugoroba Perezida Kagame na Madamu bakaza kwakirwa ku meza na Perezida wa Botswana.

Ibihungu bisanzwe bifitanye ubufatanye mu bijyanye n’ubuhinzi, ubucuruzi, uburezi ndetse n’ibindi.

Muri uru ruzinduko hakaba haza gusinywa amasezerano y’ubufatanye mu nzego zitandukanye zirimo ubuhinzi, ubuzima, uburezi, ishoramari, ibikorwa remezo, ingufu,  ubushakashatsi, itangazamakuru n’ibindi.

                Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame bakiranywe urugwiro




Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Abanyarwanda bategujwe imvura idasanzwe mu mpera za Mata

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu