AGEZWEHO

  • Tariki 19 Mata 1994: Imyaka 30 irashize Sindikubwabo atangije Jenoside mu cyahoze ari Butare – Soma inkuru...
  • U Bubiligi: Uwahamijwe ibyaha bya Jenoside yashinje Nkunduwimye kujya mu nama zayiteguraga – Soma inkuru...

Perezida Kagame avuga ko umubano w’u Rwanda n’u Buhinde uzakomeza gutera imbere

Yanditswe Apr, 13 2021 18:23 PM | 21,256 Views



Perezida wa Repubulika Paul Kagame aravuga ko ubutwererane bw’u Rwanda n’u Buhinde bugenda burushaho gutera imbere kandi ko intego ari ukurushaho gushimangira imibanire y’ibihugu byombi.

Ibi Umukuru w’igihugu yabivugiye mu muhango wo gutangiza ibiganiro ngarukamwaka byiswe “Raisina dialogue” bisuzumirwamo ibibazo byugarije isi muri uyu mwaka bikaba byibanze ku cyorezo Covid-19, ibiganiro byanitabiriwe na Minisitiri w’intebe w’u Buhinde Narendra Modi.

Muri ibi biganiro bitegurwa n’umuryango Observer Research Foundation ku bufatanye na Guverinoma y’u Buhinde, Perezida Kagame yavuze ko ku ba byabaye hifashishijwe ikoranabuhanga bigaragaza ubukana bwa Covid-19, icyorezo kitibasiye urwego rw’ubuzima gusa,ahubwo ngo cyanashegeshe ubufatanye mpuzamahanga.

Ati “Covid19 ni ikibazo cyugarije isi mu bijyanye n’ubuzima ariko kandi ni icyorezo kibangamiye ubufatanye mpuzamahanga. Kubona inkingo biri kugaragaramo ubusumbane bukabije. Mu bihe nk’ibi, ibintu bibaye bike, imbaraga n’ubukungu ni byo bizagena uko ibintu bizagenda. Ariko u Buhinde usibye kuba bufite ibindi bibazo byabwo, bwakoze inkingo nyinshi zoherejwe muri Afurika binyuze muri gahunda ya Covax n’izindi gahunda.”

Iyo hatabaho ubushobozi bukomeye bw’u Buhinde mu gukora inkingo  ndetse umutima wo gufatanya n’abandi, byari gushoboka ko Afurika iba itarabona inkingo nkizo imaze kubona.  Ibi byerekanye amahirwe ahari akwiye kubyazwa umusaruro, agashorwamo imari mu bufafanye bw’abikorera ku ruhande rw’u Buhinde na Afurika cyane cyane mu bijyanye n’ikorwa ry’imiti.”

Umukuru w’Igihugu yavuze ko umubano w’u Rwanda n’u Buhinde ukomeje gutera imbere mu nzego zinyuranye.

Ati “Umubano hagati y’u Buhinde n’u Rwanda ukomeje kugana aheza kandi intego yacu ni ugushimangira ubwo bufatanye n’umubano. U Rwanda n’u Buhinde bikomeje gukorana ku bijyanye n’iterambere ry’ibikorwa remezo. Intego nyamukuru ni ukuzamura urwego rw’uburezi no kubona akazi ku rubyiruko yaba urw’u  Buhinde n’u Rwanda.”

Yunzemo ati “Ubumenyi, guhanga udushya, n’ubukungu bubungabuka ibidukikije ni byo bizadufasha gukomeza gutera imbere na nyuma y’iki cyorezo. Ibiganiro bya Kigali global Dialogue na byo bitegurwa n’umuryango wa Observer Research Foundation, ni urugero rwiza rw’ubufatanye, kuko ni ibiganiro bizana ibitekerezo bishya ku iterambere rusange kandi bigashimangira uburiganire ku isi.”



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira