Yanditswe Apr, 14 2020 17:26 PM | 35,164 Views
Perezida wa Repubulika Paul Kagame aratangaza ko ubukungu bw’u Rwanda butazazahazwa cyane n’icyorezo cya Koronavirusi.Ibi Umukuru w'igihugu yabigarutseho mu kiganiro yagiranye mu buryo bw'ikoranabuhanga n'abashoramari barenga 400 bari mu bice hafi ya byose by'isi.
Iki kiganiro cyahuje Perezida Paul Kagame n'aba bashoramari cyabaye hifashishijwe ikoranabuhanga rya webinar ubu buryo bushobora guhuza itsinda ry'abantu bagakora inama, ni ho umuyobozi wa Invest Africa, Rob Hersov umuherwe wo muri Afurika y'epfo yabarije ibibazo, byinshi muri byo byagarukaga ku ngaruka zishobora guterwa na COVID - 19.
Ni ikiganiro kibaye mu gihe isi yugarijwe na koronavirusi imaze gutwara ubuzima bwa benshi ndetse ubukungu bw'isi bukaba busubira inyuma ku muvuduko udasanzwe.
Umukuru w'Igihugu Paul Kagame yabanje kugaragariza aba bashoramari uko u Rwanda ruhagaze mu rugamba rwo gukomeza guhangana na koronavirusi.
Ibibazo by'aba bashoramari byumvikanagamo impungenge cyane cyane ku bukungu bw'ibihugu nyuma ya coronavirus, kuri iyi ngingo umukuru w'igihugu asanga uru rugamba rwo guhangana n'ingaruka z'iki cyorezo rusaba ubufatanye bw'ibihugu.
Umukuru w'igihugu kandi yagaragarije aba bashoramari ko by'umwihariko ubukungu bw'u Rwanda bwari buhagaze neza mbere y'icyi cyorezo gusa ko nubwo umuvuduko bwariho uzagabanuka ngo hari icyizere ko butazazahara cyane.
Minisiteri y’imari n’igenamigambi iherutse kugaragaza ko umwaka ushize wa 2019 ubukungu bw’u Rwanda bwazamutse ku muvuduko wa 9.4%, gusa ko muri uyu mwaka kubera iki cyorezo cya COVID – 19 imibare yasubiwemo iyi Minisiteri ifatanyije n'Ikigega Mpuzamahanga cy'Imari, basanga ko umuvuduko uzamanuka ukagera kuri 5.
U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi
Apr 17, 2024
Soma inkuru
Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshejwe ikoranabuhanga
Apr 17, 2024
Soma inkuru
FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize
Apr 17, 2024
Soma inkuru
RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’ubucuruzi
Apr 17, 2024
Soma inkuru
Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze mu manegeka irarimban ...
Apr 17, 2024
Soma inkuru
Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu
Apr 16, 2024
Soma inkuru
Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira
Apr 16, 2024
Soma inkuru
Rubavu: Abarokotse Jenoside baravuga ko ubuvuzi bahawe na Leta bwatumye bagarura icyizere
Apr 16, 2024
Soma inkuru