Yanditswe Jan, 25 2018 19:08 PM | 3,284 Views
Perezida wa Republika Paul Kagame arashima uburyo inama y'ihuriro ku bukungu bw'isi ifasha u Rwanda kwagura umubano no kongera abafatanyabikorwa. Ku rundi ruhande intumwa ayoboye zirimo kwitabira inama zijyanye n'imirimo y'iri huriro
Perezida
wa Repubulika Paul Kagame uri I Davos mu Busuwisi mu nama ya 48 y'ihuriro
ry'ubukungu ku isi aratangaza ko iyi nama ikomeje no kubera u Rwanda urubuga
rwo gushimangira ndetse no kwagura umubano warwo n'inshuti ndetse
n'abafatanyabikorwa batandukanye.
Abinyujije
k’urukuta rwe rwa Twitter, Perezida Kagame akaba yatangaje ko ari iby’agaciro
guhurira muri iyi nama n’inshuti ndetse n’abafatanyabikorwa b’u Rwanda
banyuranye.
Kuri uyu munsi wa 3 w'iyi nama umukuru w'igihugu akaba yakiriye kandi agirana ibiganiro na Minisitiri w'intebe wungirije w'Uburusiya Arkady Dvorkovich, Perezida w'impuzamashyirahamwe y'umupira w'amaguru ku Isi Gianni Infantino ndetse na Tony Blair wigeze kuba minisitiri w'intebe w'Ubwongereza.
Naho umuyobozi mukuru w’ikigo cy’igihugu
gishinzwe kwihutisha iterambere RDB ari we Clare Akamanzi we yitabiriye
ikiganiro kivuga ku ruhare rw’abagore mu bucuruzi, by’umwihariko bibanze kuri
gahunda ya SheTrades. Iyi ni gahunda igamije gushakira amasoko ba rwiyemezamirimo basaga miliyoni mbere y’umwaka wa 2020, yatangijwe ku
mugaragaro I Kigali mu mwaka washize.
Clare Akamanzi yasobanuriye abitabiriye iyi nama y’I Davos ko Abagore b’u Rwanda bafite uruhare rufatika ku mibereho myiza n’ubukungu bw’igihugu. Urwego rw’abikorera, abafatanyabikorwa mu iterambere ndetse n’imiryango itegamiye kuri leta nabo bagize uruhare mu kubaka ubushobozi bwa ba Rwiyemezamirimo b’abagore binyuze muri gahunda zabo zinyuranye.
Urubyiruko rwavutse nyuma ya Jenoside rugeze he rwigishwa amateka yaranze u Rwanda?
Apr 24, 2024
Soma inkuru
Musanze: Hatangijwe igikorwa cyo gusuzuma kanseri y’inkondo y’umura ku bafite hagati y ...
Apr 24, 2024
Soma inkuru
Ingabo z'u Rwanda n’iza Jordanie zaganiriye ku kubyutsa imikoranire mu bya gisirikare
Apr 24, 2024
Soma inkuru
U Rwanda rwongeye kugaragaza ko rwiteguye kwakira abimukira bazava mu Bwongereza
Apr 23, 2024
Soma inkuru
Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na mugenzi we w'u Bufaransa
Apr 23, 2024
Soma inkuru
Nkunduwimye yashinjwe gufatanya na Georges Rutaganda gutanga intwaro zakoreshejwe kwica Abatutsi
Apr 23, 2024
Soma inkuru
Abanyarwanda bategujwe imvura idasanzwe mu mpera za Mata
Apr 21, 2024
Soma inkuru
Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera amaboko amahanga
Apr 19, 2024
Soma inkuru