AGEZWEHO

  • Kwibuka ni inshingano, Jenoside si ikamba twirata- Madamu Jeannette Kagame – Soma inkuru...
  • Miliyari zirenga 2 Frw zishyuwe hadakurikije amategeko – Soma inkuru...

Perezida Kagame avuga ko azashyira imbaraga mu gukomeza umubano w'ibihugu bikoresha ururimi rw'Icyongereza

Yanditswe Jun, 25 2022 19:35 PM | 159,306 Views



Perezida Paul Kagame nk'umuyobozi mushya w’umuryango wa Commonwealth, avuga ko azashyira imbaraga mu gukomeza umubano w'ibihugu bikoresha ururimi rw'icyongereza kuko hari amahirwe menshi ari mu mikoranire y'ibihugu biri muri uyu muryango.

Ibi ni bimwe mu byagarutsweho mu kiganiro n'abanyamakuru cyabaye kuri uyu wa Gatandatu nyuma yo gusoza inama yabakuru b’ibihugu na za guverinoma

Ni ikiganiro cyahuje Perezida Kagame, Patricia Scotland wongeye gutorerwa kuba umunyamabanga mukuru w'umuryango w'ibihugu bikoresha ururimi rw'icyongereza muri manda ya 2, na Perezida wa Samoa ari nacyo gihugu kizakira inama y’ubutaha ndetse n'abandi bayobozi.

Perezida Kagame nk'umuyobozi mushya w'umuryango w'ibihugu bikoresha ururimi rw'icyongereza mu gihe cy'imyaka 2, avuga ko azashyira imbaraga mu gushimangira umubano w'ibihugu bihuriye muri uyu muryango kuko ari umuryango ufite amahirwe menshi.

Umunyamabanga mukuru w'umuryango w'ibihugu bikoresha ururimi rw'icyongereza, Patricia Scotland avuga ko uyu muryango kimwe n'ibindi bihugu byahuye n'ibibazo bitandukane byatewe n'icyorezo cya covid-19, ariko uyu muryango w'ibihugu bikoreha ururimi rw'icyongereza wahanganye n'iki cyorezo ku bufatanye bw'ibihugu binyamuryango.

Patricia Scotland avuga kandi ko guteza imbere imiyoborere myiza, ari kimwe mu bizashyirwamo imbaraga muri iki gihe, guteza imbere ubucyuruzi, guteza imbere uburinganire, demokarasi no guteza imbere uburezi.

Perezida Kagame yagarutse kandi ku bakomeza gushyira igitutu ku Rwanda bavuga ko hari indangagaciro u Rwanda rudafite, avuga ko nta muntu ukwiye kunenga indangagaciro z'u Rwanda uko zikwiye kuba zimeze. 

Perezida Kagame kandi asubiza ku kibazo cy'ubutabera, yavuze ko nta muntu uri muri gereza atakabaye ariyo ahubwo ko hari abakabaye bari muri gereza ubu bakaba batarimo.

Umuryango w'ibihugu bikoresha ururimi rw'icyongereza ubu urabarizwamo abaturage barenga miriyari 2.5 bikaba biteganyijwe ko mu mwaka wa 2030 bazaba bageze kuri miriyari 3.


Kwizera John Patrick



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Urubyiruko rwavutse nyuma ya Jenoside rugeze he rwigishwa amateka yaranze u Rwan

Musanze: Hatangijwe igikorwa cyo gusuzuma kanseri y’inkondo y’umura

Ingabo z'u Rwanda n’iza Jordanie zaganiriye ku kubyutsa imikoranire m

U Rwanda rwongeye kugaragaza ko rwiteguye kwakira abimukira bazava mu Bwongereza

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na mugenzi we w'u Bufaransa

Nkunduwimye yashinjwe gufatanya na Georges Rutaganda gutanga intwaro zakoreshejw

Abanyarwanda bategujwe imvura idasanzwe mu mpera za Mata

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama