AGEZWEHO

  • NAEB yagaragaje ko ibyoherezwa hanze bituruka ku ndabo n'imbuto byageze kuri toni 1000 ku kwezi – Soma inkuru...
  • Amateka ya Mohamood Thabani warohoye imibiri y'Abatutsi mu Kiyaga cya Victoria – Soma inkuru...

Perezida Kagame avuga ko agiye gufatira ibyemezo bikomeye abayobozi bakora nabi

Yanditswe Feb, 20 2020 08:35 AM | 6,946 Views



Perezida wa Repubulika Paul Kagame yatangaje ko agiye gufatira ibyemezo bikomeye abayobozi  barangwa n'imikorere mibi.

Ibi Umukuru w'igihugu yabigarutseho mu ijambo risoza umwihero w'abayobozi ku nshuro ya 17 wari umaze iminsi 4 ubera mu ishuri rya Gisirikare rya Gabiro.

Perezida Kagame yateguje abayobozi barangwa n'imikorere mibi kwitegura ibyemezo bagiye gufatirwa.

Umukuru w'igihugu washimangiye ko u Rwanda rutagomba kwigereranya  n'aho  ibintu bitagenda  neza,yavuze ko biteye impungenge kubona abantu bananirwa gukora ibyo bafitiye ubumenyi n' ubushobozi.

Ashingiye ku mpinduka zabaye mu gihugu mu myaka mike ishize,Perezida wa Repubulika Paul Kagame yavuze ko iyo hatabaho gukoresha nabi umutungo w'igihugu,iterambere riba rigeze ku rwego  rurenze iryo ririho ubu.

Perezida Kagame yakomoje ku burezi  ndetse n'indwara ya bwaki avuga ko aho kubabazwa  n'abagaragaje ko ibintu bitifashe neza,abantu bakwiye gushyira ingufu mu kubikemura.

Umwiherero wa 17 w'abayobozi niwo wa mbere ubaye mu cyerekezo 2050. Ibiganiro byose byatanzwe muri uyu mwiherero byabaye umwanya wo gusesengura uburyo hahindurwa imigirire  n'imiyekerereze kugira ngo ibiteganyijwe muri icyo cyerekezo bizagerweho.




Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

U Rwanda rwongeye kugaragaza ko rwiteguye kwakira abimukira bazava mu Bwongereza

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na mugenzi we w'u Bufaransa

Nkunduwimye yashinjwe gufatanya na Georges Rutaganda gutanga intwaro zakoreshejw

Abanyarwanda bategujwe imvura idasanzwe mu mpera za Mata

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize