Yanditswe May, 26 2022 09:13 AM | 123,097 Views
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yongeye
guhamagarira Abanyafurika kubakira ku masomo yatanzwe n’icyorezo cya COVID19
bityo bagaharanira kwigira no kwiyubakamo ubushobozi bwo kwikemurira ibibazo
kuko akimuhana kaza imvura ihise.
Hari mu nama yamuhurije hamwe n’abandi bayobozi ba Afurika bari i Davos mu Busuwisi mu nama mpuzamahanga y’ihuriro ry’ubukungu mu Isi, World Economic Forum 2022.
Ni inama yitabiriwe n’abandi bakuru b’ibihugu barimo Hage Geingob wa Namibia, Emmerson Dambudzo Mnangagwa wa Zimbabwe, Dr. Lazarus Chakwera wa Malawi ndetse na Visi Perezida wa Tanzania Dr. Philip Isdor Mpango.
Perezida Kagame yagarutse ku masomo Afurika ikwiye gukura mu kaga k’imyaka 2 icyorezo cya COVID19 cyimaze. Aha umukuru w’igihugu yibukije ko mu gihe inkingo zari zimaze kuvumburwa ibihugu bikize byabwiye ibikennye birimo na Afurika nta kimwaro biti mutegereze tubanze dukingire abaturage bacu tuzabahe izizasaguka.
Yavuze ko iyo mvugo ubwayo isobanuye byinshi birimo isomo rikomeyen ryo gukangura Abanyafurika ngo bakanguke bagire icyo bakora mu byo bafitiye ubushobozi badakora.
Perezida Kagame yashimangiye ko abanyafurika bafite ubushobozi bwo kwikemurira byinshi mu bibazo bafite badategereje akimuhana.
Muri iki kiganiro cyibanze ku ruhare rwa Afurika mu miyoborere mishya y’Isi muri iki gihe, Perezida Kagame yavuze ko abanyafurika bagomba guhindura imyumvire kuko ntawundi uzabagirira impuhwe kurusha bo ubwabo nkuko bamaze imyaka itari mike babyibeshyaho. Yavuze ko ari yo mpamvu ku rwego rw’umugabane hatangiye gukorwa ibitari bike mu rwego rwo guharanira kwigira.
Icyakora nanone aha Umukuru w’igihugu yashimangiye ko kwigira kwa Afurika bitavuze ko Afurika igomba kuba nyamwigendaho ko ahubwo bisobanuye kwiyubakamo ubushobozi bwo kwikemurira iby’ibanze ibindi bikaza nyuma.
Aha i Davos kandi kuri uyu wa Gatatu Perezida Kagame yabonanye kandi anagirana ibiganiro n’abayobozi mu nzego zitandukanye za leta, abikorera n’imiryango mpuzamahanga barimo Perezida w’impuzamashyirahamwe y’umupira w’amaguru ku Isi FIFA, Giannia Infatino, Umuyobozi mukuru w’ihuriro mpuzamahanga ry’ubukungu ku Isi World Economic Forum ari nawe warishinze Prof. Klaus Schwab ndetse na Dr. Albert Bourla, Umuyobozi mukuru akaba na Perezida wa Kompanyi y’Abanyamerika Pfizer ikora imiti, inkingo n’ibindi bikoresho byo kwa muganga.
Divin UWAYO
U Rwanda rwongeye kugaragaza ko rwiteguye kwakira abimukira bazava mu Bwongereza
2 hours
Soma inkuru
Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na mugenzi we w'u Bufaransa
3 hours
Soma inkuru
Nkunduwimye yashinjwe gufatanya na Georges Rutaganda gutanga intwaro zakoreshejwe kwica Abatutsi
5 hours
Soma inkuru
Abanyarwanda bategujwe imvura idasanzwe mu mpera za Mata
Apr 21, 2024
Soma inkuru
Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera amaboko amahanga
Apr 19, 2024
Soma inkuru
U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi
Apr 17, 2024
Soma inkuru
Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshejwe ikoranabuhanga
Apr 17, 2024
Soma inkuru
FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize
Apr 17, 2024
Soma inkuru