AGEZWEHO

  • Tariki 20 Mata 1994 ni bwo Umwamikazi Gicanda yishwe – Soma inkuru...
  • Tariki 19 Mata 1994: Imyaka 30 irashize Sindikubwabo atangije Jenoside mu cyahoze ari Butare – Soma inkuru...

Perezida Kagame asanga imikoranire inoze ari yo yakemura ibibazo biri biyaga bigari

Yanditswe Nov, 20 2020 19:10 PM | 103,164 Views



Mu nama mpuzamahanga y’umutekano ku karere k’ibiyaga bigari ICGLR,Perezida wa Repubulika Paul Kagame  yavuze ko nta nahahamwe  abakekwaho kugira uruhare muri Jenoside bakwiye guhabwa ububwihisho muri aka karere kandi ashimangira ko imikoranire inoze ari yo izatuma ibihugu bigize aka karere bishobora kugera ku ntego byihaye.

Perezida w’u Rwanda Paul Kagame yashimye intambwe imaze guterwa mu guhashya imitwe yitwaje intwaro ihungabanya umutekano mu karere k’ibiyaga bigari. Mu nama yahuje mu buryo bw’ikoranabuhanga, abakuru b’ibihugu bihuriye mu nama nkuru y’umutekano ku karere k’ibiyaga bigari ICGLR kuri uyu wa Gatanu ,Perezida Kagame yashimangiye ko imikorere n’imikoranire binoze ari byo bizafasha aka karere guhangana n’ibibazo bikugarije.

Yagize ati “Uburyo bw’imikorere n’imikoranire ihuriweho ni inzira nziza yo gukemura ibibazo bijyanye n’umutekano ndetse n’ubuzima rusange byugarije akarere k’ibiyaga bigari. Hamaze guterwa intambwe mu gutsemba imitwe yitwaje intwaro itemewe muri aka karere kacu, ariko haracyari byinshi byo gukora. Birakwiye ngo dukaze ingamba zo guhashya iyi mitwe uko yakabaye kuko amahoro niwo musingi w’iterambere.’’

Muri iyi nama yari iyobowe na Perezida wa Republika ya Kongo Dennis Sassu Ngwesu ari na we uyoboye inama y’umutekano ku karere k’ibiyaga bigari muri iki gihe ,Perezida Kagame yakomoje no kubahekuye u Rwanda avuga ko nta na hamwe bakwiye guhabwa ubuhungiro.

Ati “Abagize uruhare muri Jenoside nta na hamwe bakwiye kubona ubwihisho mu karere kacu. Bagomba kugezwa imbere y’ubutabera. Nyakubahwa Muyobozi, mbere y’uko ndangiza iri jambo, ndagira ngo mvuge yuko nta buryo bwiza bwo kugera ku ntego twihaye,kuruta gushyiraho uburyo bw’imikorere n’ubutwererane hagati y’ibihugu bigize Inama Nkuru y’Umutekano mu karere k’ibiyaga bigari, ku bw’ibyo rero tugomba gukomeza kubikoraho tukabiteza imbere mu gihe duhanganye n’ibibazo byinshi imbere yacu.’’

Inama y’umutekano ku karere k’ibiyaga bigari ihuriyemo ibihugu 12 byo muri aka karere,ikaba yaragiyeho hagamijwe guhosha no gukumira amakimbirane ya hato na hato akunze kugaragara muri aka karere no gutsemba imitwe yitwaje intwaro by’umwihariko.


Jean Pierre KAGABO



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira