AGEZWEHO

  • Ingengo y’imari Leta ishyira mu kugaburira abana ku ishuri yikubye inshuro 15 – Soma inkuru...
  • Ambasaderi Rutabana yagaragaje uko u Rwanda rwaharaniye ubudaheranwa nyuma ya Jenoside – Soma inkuru...

Perezida Kagame ari Abu Dhabi mu nama mpuzamahanga kuri politiki za Leta

Yanditswe Sep, 30 2021 19:17 PM | 31,555 Views



Perezida wa Repubulika Paul Kagame kuri uyu wa Kane yageze Abu Dhabi Bihugu byunze Ubumwe by'Abarabu aho yitabiriye inama mpuzamahanga kuri politiki za Leta. 

Iyi nama izwi nka World Policy Conference izamara iminsi 3 aho itangira kuri uyu wa gatanu tariki ya mbere Ukwakira ikazasoza imirimo yayo tariki eshatu.

World Policy Conference ibaye ku nshuro ya 13 ni inama yo ku rwego rwo hejuru igamije guteza imbere imiyoborere isubiza ibibazo nyakuri byugarije Isi muri iki kinyejana cya 21. Ihuriza hamwe abayobozi bakuru muri politiki n’ubukungu, abashakashatsi n’abanyamakuru.     

Iyi nama yaherukaga kuba muri Mata 2019 ndetse ikaba yarabereye mu mujyi wa Marrakesh muri Maroc initabirwa na Perezida wa Repubulika Paul Kagame.

Umuryango WPC washinzwe mu 2008, niwo utegura iyi nama. Ugamije gutanga umusanzu mu kubaka Isi ifunguye, ifite uburumbuke n’ubutabera kuri bose ntawe uhutajwe hagendewe ku muco we n’indi myemerere iri mu burenganzira bwa buri wese. 


Ferdinand UWIMANA



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira

Rubavu: Abarokotse Jenoside baravuga ko ubuvuzi bahawe na Leta bwatumye bagarura