Yanditswe May, 07 2018 22:21 PM | 31,252 Views
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yayoboye inama ya Komisiyo y'Umurongo Mugari wa Internet Broadband, hagamijwe Iterambere Rirambye. Umukuru w’igihugu yagaragaje ko nta terambere rishoboka hatabayeho kongera ibikorwaremezo mu ikorabuhanga.
Muri iyi nama Perezida wa Repubulika yashimiye uwo bafatinyije nabo kuyobora iyi komisiyo harimo Carlos Slim, umwe mu baherwe ba mbere ku isi ndetse n'ubungirije, umushinwa Houlin Zhao, akaba n’ umuyobozi w’ikigo mpuzamahanga cy'Itumanaho ITU. Umukuru w’igihugu yagaragaje isano iri hagati y’ ikoranabuhanga n’iterambere rya afurika. Yagize ati, "Iterambere ry’ubukungu bwa afurika, rikeneye ibikorwaremezo by’umuyoboro waguye wa internet ibyo kandi bijyana n’ubushobozi bw’abanyafurika ndetse n’ibiciro bijyanye nabyo, ibi bisobaneye ko hagomba kubaho ibikoresho byifashisha ikorabuhanga mu nzego zitandukanye yaba mu mitangire ya serivisi, uburezi,ubucuruzi cyangwa ubuzima, byose bigomba kwifashisha uyu murongo mugari wa internet."
Perezida Kagame yongeho ko hakenewe ubufatanye hagati y’inzego zitandukanye ku mugabane wa afurika mu rwego rwo kwagura uyu murongo hagamijwe iterambere ryifuzwa na benshi.
Nyuma y’intego 5 Komisiyo y'Umurongo Mugari wa internet Broadband, hagamijwe Iterambere Rirambye yihaye muri 2011-15 , kuri ubu ifite intego 7 kugeza 2025, harimo gufasha ibihugu byose kuba bifite gahunda ihamamye y'Umurongo Mugari wa internet, kuyigeza kuri 75% yabatuye isi, harimo 65% y’ibihugu biri mu nzira y’amajyambere, kuba 40% ya serivisi z’imali zigomba kuba zikoresha ikoranabuhanga rigezweho.
U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi
Apr 17, 2024
Soma inkuru
Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshejwe ikoranabuhanga
Apr 17, 2024
Soma inkuru
FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize
Apr 17, 2024
Soma inkuru
RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’ubucuruzi
Apr 17, 2024
Soma inkuru
Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze mu manegeka irarimban ...
Apr 17, 2024
Soma inkuru
Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu
Apr 16, 2024
Soma inkuru
Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira
Apr 16, 2024
Soma inkuru
Rubavu: Abarokotse Jenoside baravuga ko ubuvuzi bahawe na Leta bwatumye bagarura icyizere
Apr 16, 2024
Soma inkuru