AGEZWEHO

  • Kwibuka ni inshingano, Jenoside si ikamba twirata- Madamu Jeannette Kagame – Soma inkuru...
  • Miliyari zirenga 2 Frw zishyuwe hadakurikije amategeko – Soma inkuru...

Perezida KAGAME yitabiriye inama irebera hamwe ibyakozwe mu miryango y’uturere tugize umugabane wa Afrika

Yanditswe Oct, 22 2020 22:25 PM | 157,050 Views



Perezida wa republika Paul Kagame yitabiriye inama yateguwe n’umuryango wa Afrika yunze ubumwe irebera hamwe ibyakozwe mu miryango y’uturere tugize umugabane wa Afrika.

Perezida Kagame yagaragaje ko hari imbogamizi nyinshi zidashingiye ku misoro, non tariff barriers, zakuweho mu rwego rwo kubahiriza amasezerano ashyiraho isoko rusange, ndetse imipaka 13 ihuriweho n’ibihugu (one stop border posts) irakora muri aka karere harimo n’uhuza Tz na Zambia. Yavuze kandi ko umwaka ushize wasize akarere gatangije uburyo bwo gukora ibarurishamibare rihuriweho ndetse ryizewe ku rwego rwo hejuru.

Mu birebana n’ubuhahirane mu gihe cya covid19, perezida w’u Rwanda yavuze ko hashyizweho amasezerano yo gukomeza urujya n’uruza rw’ibicuruzwa, hatangizwa ndetse n’uburyo bw’ikoranabuhanga bwo gukurikirana abashoferi b’amakamyo mu gihe bafatiwe ibizamini ibihugu byose bikabibona.

Yahamagariye ibihugu bya Afrika kurushaho kubaka ubufatanye hagati yabyo ndetse n’isi muri rusange. 


Perezida wa Republika Paul Kagame yitabiriye kandi inama nyunguranabitekerezo ku guteza imbere uburezi, yabaye hifashishijwe ikoranabuhanga.

Ni inama yarimo n’abandi bakuru b’ibihugu barimo perezida wa Ghana Nana Akufo-Addo, ndetse na minisitiri w’intebe wa Norvege Erna Solberg, abayoboye itsinda ry’abavugizi ku ntego z’iterambere rirambye, (co-chairs of the SDG Advocates group) ndetse n’umuyobozi mukuru w’ishami rya Loni rishinzwe uburezi ubuhanga n’umuco UNESCO.

Perezida Kagame mu ijambo rye yashimiye UNESCO n’abakuriye itsinda ry’abakora ubuvugizi ku ntego z’iterambee rirambye bateguye iyi nama yagaragaje nk’ingirakamaro. Yagaragaje ko ibihugu muri iki gihe bigeze kure imyiteguro yo kureba uko habaho gusubukura amasomo n’ubwo hakiri icyorezo cya Covid no guhangana n’ingaruka z’igihe kirekire gishobora kugira ku musaruro uva mu burezi.



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Ubuhamya bw'abakinnyi barokowe na Siporo muri Jenoside yakorewe Abatutsi

REG BBC yisubije Thomas Cleveland Jr

Oscar Pistorius yafunguwe ku mbabazi nyuma y'imyaka 9 afunze kubwo kwica um

Jurrien Timber myugariro wa Arsenal ari mu Rwanda muri Gahunda ya Visit Rwanda

Twitege iki kuri Tour du Rwanda ya 2024?

Amagare: FERWACY yabonye abayobozi bashya

Perezida Kagame yakiriye abegukanye ibihembo bya Trace Awards 2023

Car Free Day: Umujyi wa Kigali washimiwe kugira ibikorwaremezo byorohereza abage