Yanditswe Aug, 14 2020 12:59 PM | 95,169 Views
Ubuyobozi bukuru bw’ibiro by’abinjira n’abasohoka mu Rwanda kuri uyu wa Kane bwavuze ko pasiporo z’u Rwanda zatanzwe mbere y’itariki 27 Kamena mu mwaka ushize wa 2019 zizacyura igihe ntizongere gukoreshwa kuva tariki 28 z’ukwezi kwa Gatandatu umwaka utaha wa 2021.
Mu kwezi kwa Werurwe 2016 ni bwo Abakuru b’ibihugu bigize umuryango wa EAC batangije passport nshya mpuzamahanga ikoresha ikoranabuhanga, ari na yo mpamvu guhera Tariki 28 z’ukwa Gatandatu 2019, Guverinoma y'u Rwanda ibinyujije mu buyobozi bw'Ibiro bishinzwe Abinjira n'Abasohoka yatangiye gutanga pasiporo nyarwanda y'Afurika y'Iburasirazuba.
Mu kiganiro cyihariye na RBA, Umuvugizi w’umusigire w’ubuyobozi bukuru bw’abinjira n’abasohoka, KALISA Peter, yasobanuye ko itangazo ku gaciro ka pasiporo zicyuye igihe rije ryibutsa icyemezo cyatangajwe tariki 28 Kamena umwaka ushize ubwo hatangizwaga itangwa n’ikoreshwa rya pasiporo nyarwanda y’Afurika y’Iburasirazuba ikoranye ikoranabuhanga.
Muri iki kiganiro na Divin UWAYO, Umuvugizi w’umusigire w’ubuyobozi bukuru bushinzwe abinjira n’abasohoka yatangiye avuga ko iyi pasiporo nshya idakuraho umwihariko wa buri gihugu.
Polisi yasabye abatwara ibinyabiziga kwitwararika muri ‘Weekend’ ndende
2 hours
Soma inkuru
Umujyi wa Musanze n’uwa Jinhua wo mu Bushinwa byinjiye mu bufatanye
Mar 28, 2024
Soma inkuru
Abaganga ba Kanseri mu Rwanda bariyongereye
Mar 28, 2024
Soma inkuru
Mu bimukira 2242 bageze mu Rwanda bavuye muri Libya, 1621 bimuriwe ahandi
Mar 28, 2024
Soma inkuru
Kuki Intara y'Amajyaruguru ikomeje kugaragaramo ibipimo biri hejuru mu bana bafite imirire mibi ...
Mar 27, 2024
Soma inkuru
MINEMA yasobanuye uko ikomeje gufasha abibasiwe n'ibiza biheruka kwibasira uduce tumwe tw' ...
Mar 27, 2024
Soma inkuru
Abanyamategeko 188 barangije amasomo y'Ubuhuza basabwe kugabanya umubare w'Imanza mu Nkiko
Mar 27, 2024
Soma inkuru
Bugesera: Abaturage basaga ibihumbi 40 bahawe amazi meza
Mar 27, 2024
Soma inkuru