Yanditswe May, 17 2019 12:36 PM | 5,001 Views
Perezida w’u Rwanda Paul Kagame yitabiriye
inama ku ikoranabuhanga ibera i Paris mu Bufaransa, aho yasabye ko Afurika ikwiye
guhuza ikoranabuhanga n’itumanaho kugirango servisi zirebana naryo zirusheho
guhendukira abanyafurika bose aho kugirango buri gihugu kibe nyamwigendaho.
Mu kiganiro Perezida w’u Rwanda Paul Kagame n’uwa Senegali Macky Sall bahaye abitabiriye inama ku ikoranabuhanga izwi nka VivaTech berekanye inyota umugabane wa Afrika ufite mu kuzamura ubukungu bwo bushingiye ku ikoranabuhanga, kandi ngo hari byinshi bimaze gukorwa kuri uyu mugabane.
Perezida Kagame yashimangiye ko kugira ngo Afurika igere ku iterambere yifuza ari uko ibihugu biyigize bikwiye guhuza imikorere irebana n’ikoranabuhanga kugira ngo by’umwihariko serivisi zirishingiyeho zirusheho guhendukira abaturage.
Perezida wa repubulika unakuriye ihuriro ry’abaprezida bari muri smart Africa iharanira ko afrika yazamuka biciye mu ikoranabuhanga, yasobanuye ko abanyafrika bagenda bamenya akamaro k’ikoranabuhanga kandi ngo ubuyobozi bugomba gushora imari mu bikorwaremezo bikenewe, hakanashyirwaho gahunda ihamye igamije guha ubumenyi bufatika mu ikoranabuhanga hashyirwaho amashuri yabugenewe.
Perezida Macky Sall wa Senegal, we yagaragaje ko Afurika idakwiye gusigara inyuma mu Isi y’ikoranabuhanga, bityo ngo rikwiye kuba umuco bihereye mu bakiri bato. Gusa, ariko yagaragaje ko guhenda kwa internet biri mu bituma imishinga myinshi itagerwaho uko bikwiye.
Perezida Paul Kagame yagaragaje ko amashuri mpuzamahanga yatangiye gukorera mu Rwanda nka Carnegy Melon, Kaminuza nyafrika yigisha imibare (AIMS), iyigisha ibirebana n’imiyoborere (ALU) n’izindi, zitezweho gutanga umusanzu ukomeye mu guha ubumenyi urubyiruko rufite impano no guhanga udushya mu ikoranabuhanga.
Perezida wa Senegal Macky Sall ashimangira ko mu myaka 5 iri imbere igihugu cye kizashora imari ya miliyoni zisaga 6 z’ama euro mu bikorwa bijyanye no kuzamura urwego rw’ikoranabuhanga.
Inkuru ya Jean Claude Mutuyeyezu
U Rwanda rwongeye kugaragaza ko rwiteguye kwakira abimukira bazava mu Bwongereza
3 hours
Soma inkuru
Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na mugenzi we w'u Bufaransa
4 hours
Soma inkuru
Nkunduwimye yashinjwe gufatanya na Georges Rutaganda gutanga intwaro zakoreshejwe kwica Abatutsi
Apr 23, 2024
Soma inkuru
Abanyarwanda bategujwe imvura idasanzwe mu mpera za Mata
Apr 21, 2024
Soma inkuru
Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera amaboko amahanga
Apr 19, 2024
Soma inkuru
U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi
Apr 17, 2024
Soma inkuru
Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshejwe ikoranabuhanga
Apr 17, 2024
Soma inkuru
FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize
Apr 17, 2024
Soma inkuru