AGEZWEHO

  • Ingengo y’imari Leta ishyira mu kugaburira abana ku ishuri yikubye inshuro 15 – Soma inkuru...
  • Ambasaderi Rutabana yagaragaje uko u Rwanda rwaharaniye ubudaheranwa nyuma ya Jenoside – Soma inkuru...

PM Dr. Ngirente avuga ko ubukerarugendo bufatiye runini ubukungu bw'igihugu

Yanditswe Sep, 04 2018 21:20 PM | 101,623 Views



Minisitiri w'intebe Dr. Edouard Ngirente aratangaza ko ubukerarugendo bukomeje kuzamura uruhare rufite mu musaruro mbumbe w'igihugu n'ubukungu muri rusange. Mu biganiro bigaruka ku kubungabunga urusobe rw'ibinyabuzima, Minisitiri w'intebe yavuze ko ubukerarugendo bukomeje kuba isoko y'imirimo idashingiye ku buhinzi.

Ibi biganiro ni ibibimburira gahunda yo kwita izina abana b’ingagi muri uyu mwaka 2018. Minisitiri w'intebe Dr. Edouard Ngirente yavuze ko ubukerarugendo buyoboye ibindi byiciro, kwinjiriza igihugu amadovize kubera uruhare rugera kuri 44% y'umusaruro wa serivise zicuruzwa hanze.

Minisitiri w'intebe Dr. Edward Ngirente yavuze ko icyiciro cy'ubukerarugendo gitanga 18% y'imirimo yose yo mu rwego rwa serivise idashingiye ku bihinzi, imibare leta y'u Rwanda ngo yifuza gukuba kabiri kugeza muri 2024 kugirango bikomeze kuzamura imibereho y'abanyarwanda. Yagize ati, " Muri 2017, u Rwanda rwakusanyije mu bukerarugendo miliyoni 428 z'amadorali. Intego yacu ni ugukuba kabiri aya mafaranga kugeza muri 2024. Ndifuza kubibutsa ko muri 2007 leta y'u Rwanda rwazamuye amafaranga asaranganywa mu baturage avanwa kuri 5% agera ku 10% y'amafaranga yose akusanywa mu za parike z'igihugu kunganira ishoramari mu mishinga y'iterambere ry'abaturage..."

U Rwanda ruherutse kongera ibiciro byo gusura ingagi, ariko Clare Akamanzi ukuriye ikigo cy'igihugu cy'iterambere RDB avuga ko kongera ibyo bitahungabanyije umusaruro bakuramo uretse ku bihe biri hagati y'ugushyingo na Mata bitarangwamo n'ubundi uburumbuke mu bukerarugendo. Ati,"...Nubwo twakubye igiciro kabiri twabonye ko hari isoko rihagije ry'abantu bashaka kureba ingagi mu gihugu cyacu, cyanecyane muri high season guhera may kugeza october, nta cyahindutse, ahubwo iyo urebye imibare yo guhera may uyu mwaka bigaragara ko twacuruje menshi kurusha ubushize. Aho tubona ko habaye effects ni muri low season uguhera November kugeza April. Twumva ko  kongeera igiciro bizatuma tubona amafaranga menshi mu myaka iri imbere kurusha ayo twabonaga. Ubu birangana n'ayo twabonaga ariko  tubona ko bizagenda byiyongera mu myaka iri imbere..."

Uyu mwaka hazitwa amazina abana bagera kuri 23 b'ingagi bavutse. Umuhango wo kwita izina ukaba uteganyijwe kuri uyu wagatanu aho RDB ivuga ko bishingiye ku b ufatanye n'ikipe ya Arsenal, iyo kipe yo mu bwongereza izahagararirwa muri uwo muhango.




Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira

Rubavu: Abarokotse Jenoside baravuga ko ubuvuzi bahawe na Leta bwatumye bagarura