AGEZWEHO

  • Gatsibo: Bijejwe guhabwa umuhanda wa Kaburimbo amaso ahera mu kirere – Soma inkuru...
  • Urubyiruko rwavutse nyuma ya Jenoside rugeze he rwigishwa amateka yaranze u Rwanda? – Soma inkuru...

PEREZIDA YASHIMANGIYE KO U RWANDA RUDASHOBORA KUBA INSINA NGUFI

Yanditswe May, 08 2019 18:49 PM | 8,770 Views



Perezida wa Repubulika Paul Kagame aratangaza ko u Rwanda rudashobora na rimwe kuba umucakara cyangwa insina ngufi kandi ko rwiteguye kubiryoza uwo ari we wese wageregeza guhungabanya mutekano w’igihugu yaba ari imbere cyangwa hanze y’igihugu.

Ibi Perezida yabishimangiye mu rugendo yagiriye mu karere ka Burera, kuri uyu wa Gatatu, tariki 8 Gicurasi 2019.

Perezida wa Repubulika Paul  Kagame yijeje ko umutekano w’igihugu urinzwe neza kandi ko igihugu kiteguye kurushaho kuwimakaza ku kiguzi icyo aricyo cyose.

Imbwirwaruhame ye ku munsi wa mbere w’uruzinduko rw’iminzi 3 mu Majyaruguru no mu Burenegerzabuba bw’igihugu, Perezida Kagame yayivugiye mu karere ka Burera kamwe mu duhana imbibi n’igihugu cya Uganda.

Ni igihugu ubuyobozi bw’u Rwanda bushinja gushyigikira ku  buryo bweruye imitwe y’iterabwoba, gutoteza no guhohotera Abanyanrwanda mu bihe no mu buryo butandukanye. Kuri Perezida Kagame ibintu birasobanutse, u Rwanda ngo si insina ngufi.

Mu mwiherero uheruka w’abayobozi b’igihugu Perezida wa Republika Paul Kagame bwo yavuze ko ntawe u Rwanda ruzapfukamira ndetse ahwiturira n’abanyarwanda kutabyemera.

Mu minsi ishize u Rwanda rwatangaje ko rufite Nsabimana Callixte uzwi nka Sankara wigambye ibikorwa byo guhungabanya mutekano muri Nyungwe mu gihe babiri mu bari abayobozi muri FDLR bafashwe bavuye mu nama muri Uganda bakurikiranywe n’ubutabera.

Inkuru ya Jean Pierre Kagabo




Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Urubyiruko rwavutse nyuma ya Jenoside rugeze he rwigishwa amateka yaranze u Rwan

Musanze: Hatangijwe igikorwa cyo gusuzuma kanseri y’inkondo y’umura

Ingabo z'u Rwanda n’iza Jordanie zaganiriye ku kubyutsa imikoranire m

U Rwanda rwongeye kugaragaza ko rwiteguye kwakira abimukira bazava mu Bwongereza

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na mugenzi we w'u Bufaransa

Nkunduwimye yashinjwe gufatanya na Georges Rutaganda gutanga intwaro zakoreshejw

Abanyarwanda bategujwe imvura idasanzwe mu mpera za Mata

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama