AGEZWEHO

  • RIB ifunze abantu 39 bakurikiranweho ibyaha by’ingengabitekerezo ya Jenoside – Soma inkuru...
  • Diego Aponte uyobora Ikigo Mpuzamahanga cy’Ubwikorezi bwo mu mazi yasuye Urwibutso rwa Kigali – Soma inkuru...

PEREZIDA KAGAME ASANGA GUSEBYA UMUKURU W’IGIHUGU BITAGIRWA ICYAHA MPANABYAHA

Yanditswe Apr, 26 2019 07:05 AM | 4,686 Views



Perezida wa Repubulika, mu itangazo ryavuye mu biro bya Perezida wa Repubulika ku mwanzuro w'Urukiko rw’Ikirenga, yagaragaje ko abona gutuka cyangwa gusebya umukuru w’Igihugu abona byaba imbonezamubano aho kuba icyaha mpanabyaha.

Iri tangazo ryakorewe i Kigali ritangazwa kuri uyu wa 25 Mata 2019.

Perezida wa Repubulika yagaragaje ko yubaha umwanzuro uherutse gufatwa n’Urukiko rw’Ikirenga ariko ko atemeranya no kugumisha mu mategeko mpanabyaha ingingo y’itegeko irebana no gutuka cyangwa gusebya Umukuru w’Igihugu, kandi nawe ari umuyobozi w’Igihugu.

Aha yavuze ko yemera ko ‘gutuka cyangwa gusebya Umukuru w’Igihugu’ ari imbonezamubano aho kuba mpanabyaha.

Perezida wa Repubulika yagaragaje ko yubaha ubwigenge bw’ubucamanza; gusa ko yizeye ko iki kibazo kizakomeza kuganirwaho.


ITANGAZO MU BURYO BURAMBUYE:

Itangazo ku mwanzuro w'Urukiko rw’Ikirenga 

Kigali, 25 Mata 2019 

Nyakubahwa Perezida wa Repubulika yubaha ubwigenge bw’ubucamanza. Yubaha umwanzuro uherutse gufatwa n’Urukiko rw’Ikirenga ukura mu mategeko mpanabyaha ibyari ibyaha byo gukoza isoni abayobozi b’Igihugu n’abashinzwe umurimo rusange w’Igihugu. 

Perezida ariko ntiyemenyeranya no kugumisha mu mategeko mpanabyaha ingingo y’itegeko irebana no gutuka cyangwa gusebya Umukuru w’Igihugu, kandi nawe ari umuyobozi w’Igihugu. Yemera ko ari imbonezamubano aho kuba icyaha mpanabyaha, kandi yizeye ko iki kibazo kizakomeza kuganirwaho.



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Impunzi z’i Kigeme ntizigihagaritse umutima kubera ibiza

Rubavu: Uko hahanzwe imishinga ikomeje gufasha mu iterambere ry'abarokotse

NEC yasobanuye ibisabwa ku baziyamamariza ku mwanya w’Umukuru w’Igih

Perezida Kagame yasabye ba ofisiye bashya ba RDF kwanga ubugwari n’ububwa,

Ba ofisiye 624 bashya binjijwe mu Ngabo z’u Rwanda (Amafoto)

Ibyihariye kuri Dr Jean Baptiste Habyarimana wazize kurwanya umugambi wa Jenosid

Minisitiri w'Intebe Dr Ngirente yakiriye Minisitiri w'Ibikorwaremezo m

Guverineri Mugabowagahunde yasabye Abayisilamu gukomeza kwitabira ibikorwa byo #