AGEZWEHO

  • Tariki 19 Mata 1994: Imyaka 30 irashize Sindikubwabo atangije Jenoside mu cyahoze ari Butare – Soma inkuru...
  • U Bubiligi: Uwahamijwe ibyaha bya Jenoside yashinje Nkunduwimye kujya mu nama zayiteguraga – Soma inkuru...

Umujyi wa Kigali ugomba gushakira umuti ikibazo cy'ikimoteri--PAC

Yanditswe Oct, 04 2016 16:03 PM | 2,946 Views



Umuyobozi w'umugi wa Kigali avuga ko umuti urambye mu micungire y'imyanda, ari ugushyiraho uruganda ruyitunganya ikabyazwa ifumbire, amashanyarazi na gaz.

Ibi yabitangarije abadepite bagize komisiyo ishinzwe gukurikirana imikoreshereze y'imari n'umutungo by'igihugu PAC, ubwo batangaga ibisobanuro ku makosa yerekeranye n'imikoreshereze y'ingengo y'imari.

N'ubwo raporo y'umugenzuzi mukuru w'imari ya leta y'umwaka wa 2014/2015 igaragaza ko umugi wa Kigali umaze gutera intambwe mu mikoreshereze y'imari ya leta, haracyagaragara ibibazo, birimo imicungire y'imyanda, aho depite NKUSI Juvenal, perezida wa PAC yagaragaje ko ibibazo byari ku kimoteri cya Nyanza byimuriwe i Nduba, mu myaka itanu hakaba nta kirakorwa gifatika.

Ubuyobozi bw'umugi wa Kigali bwasobanuye ko ibibazo byinshi byatewe n'uko kwimura ikimoteri byakozwe mu buryo butunguranye, aho bahawe ukwezi kumwe gusa, mu ngengo y'imari ya miliyari 2 zari zikenewe hakaba harabonetse miliyoni 800 gusa.

Kuri ubu hasigaye kwimurwa imiryango igera mu ijana, ariko ituye muri metero 400 bivuze ko byubahirije amabwiriza, ariko ngo bitarenze uyu mwaka w'ingengo y'imari nabo bazaba bimuwe.

Inkuru irambuye mu mashusho:





Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira