AGEZWEHO

  • Tariki 20 Mata 1994 ni bwo Umwamikazi Gicanda yishwe – Soma inkuru...
  • Tariki 19 Mata 1994: Imyaka 30 irashize Sindikubwabo atangije Jenoside mu cyahoze ari Butare – Soma inkuru...

Nyanza: Amashyushyu ni yose! Biteguye igitaramo i Nyanza Twataramye

Yanditswe Jul, 31 2022 21:10 PM | 72,439 Views



Abatuye mu Karere ka Nyanza baravuga ko bakiriye neza kuba igitaramo "I Nyanza twataramye" kigiye kongera kuba nyuma y'imyaka itatu kitaba.

Muri iki gitaramo ngo bungukiramo byinshi bijyanye n'amateka yo hambere ndetse n'indangagaciro zibereye Umunyarwanda.

I Nyanza twataramye ni igitaramo ndangamuco Nyarwanda kiba buri mwaka hagamijwe gusobanukirwa uko mu muco nyarwanda bataramaga no gususurutsa abatuye Nyanza n'abahagenda. Hari hashize imyaka itatu iki gitaramo kitaba kubera COVID-19.

Gusa muri uyu mwaka, iki gitaramo kizongera, kikaba cyarahujwe n'umuganura.

Abatuye mu Karere ka Nyanza, bavuga ko iki gitaramo bacyungukiramo byinshi byendeye ku muco n'amateka yo hambere.

I Nyanza twataramye ngo ntiyungura ubumenyi n'amateka gusa kuko n'abacuruzi baboneraho umwanya wo gucuruza bitewe n'umubare w'abantu baba bitabiriye iki gitaramo.

Umuyobozi w’Akarere ka Nyanza Ntazinda Erasme avuga ko kuba iki gitaramo cyari kimaze igihe kitaba atari uko cyavuyeho, ahubwo ngo byatewe n’ibihe bikomeye byo kwirinda Covid19.

Igitaramo I Nyanza twataramye cyatangijwe mu mwaka wa 2014, maze mu mwaka wa 2016 gihuzwa n'umunsi w'umuganura.


Jean Pierre Ndagijimana



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira