Yanditswe Jul, 23 2020 10:55 AM | 75,434 Views
Abatuye
mu Murenge wa Ntyazo mu Karere ka Nyanza baravuga ko ubuhunikiro bw’imyaka babubakiye
muri uyu murenge ari kimwe mu bizabafasha gukemura ikibazo cya bamwe mu
baturage botsaga imyaka, ugasanga bahora bataka ibura ry'ibiribwa bitewe
n'abamamyi babunamagaho bigatuma rimwe na rimwe bagurisha imyaka ikiri mu
mirima.
Umurenge wa Ntyazo ni umwe mu yigize agace kazwi nk’amayaga. Muri iki gice iyo imvura yabonetse neza kandi ku gihe, abahinzi baho beza ku bwinshi ibigori, amasaka ndetse n’ibishyimbo. Gusa ngo usanga akenshi abaturage bataka ikibazo cy'ibiribwa bidahagije bitewe no kugurisha imyaka yabo imburagihe.
Ndimubandi Diogène na Mutuyimana Adeline batuye muri uyu murenge, bavuga mu bihe byashize, akenshi ku mwero w'imyaka ngo wasangaga abamamyi baza gushaka imyaka bagura ikiri mu mirima cyangwa, yanera ugasanga babahenda ibi ngo bikaba byaragiraga ingaruka mbi ku muhinzi bigatuma atabona ibyo kurya bihagije byo gutunga urugo rwe.
Mu gukemura iki kibazo muri uyu murenge hubatswe ubuhunikiro bugezweho. Abaturage bakaba bavuga ko bigiye kubafasha guhangana n’ikibazo cyo kubura ibiryo n’imbuto ibi bikazatuma iterambere ryabo rirushaho kwihuta.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’agateganyo w’uyu murenge, Mungwarareba Emmanuel avuga ko ugereranyije n’abahinzi bafite, ngo haracyakenewe ubundi buhunikiro muri uyu murenge, bakaba bafite gahunda yo kubaka n’ubundi kuburyo buri kagari kazagira ubuhunikiro bwako.
Ubu buhunikiro bufite ubushobozi bwo kwakira umusaruro ungana na toni 350, bukaba bwaruzuye butwaye amafaranga y’u Rwanda miliyoni 28.
Jean Pierre NDAGIJIMANA
Abasaga 200 bategerejwe i Kigali mu Iserukiramuco ‘Kigali Triennial’
Feb 12, 2024
Soma inkuru
Art Rwanda yatumye hahangwa imirimo 400 mu myaka 2
May 15, 2023
Soma inkuru