AGEZWEHO

  • Kwibuka ni inshingano, Jenoside si ikamba twirata- Madamu Jeannette Kagame – Soma inkuru...
  • Miliyari zirenga 2 Frw zishyuwe hadakurikije amategeko – Soma inkuru...

NYAMASHEKE: Bari mu kizima, inkuba yangije amashanyarazi akomoka ku mirasire bari bafite

Yanditswe Dec, 09 2020 08:29 AM | 107,814 Views



Abatuye muri Santere  ya Banda mu Murenge wa Rangiro, i Nyamasheke baravuga ko ubu bari mu kizima nyuma yaho inkuba ikubitiye amashanyarazi akomoka ku mirasire bari bafite kandi nta wundi muriro ugerayo.

Ibikoresho bikurura imirasire y’izuba bizwi nka panneaux solaire ubu bigaramye aho babishyize,abaturage barabireba gutyo gusa kandi ngo bari batangiye kumva icyo abandi bafite umuriro babarushije mu myaka yose bari bamaze bajya kuwuvumba ahandi

Banda,ni kamwe mu tugari tugize Umurenge wa Rangiro,gakikijwe na Pariki y'Igihugu ya Nyungwe, agace katigeze kumenya na rimwe umuriro wa REG. 

Muri 2017 ni bwo iyo mirasire bari bayizaniwe n'umwe mu bantu bahavuka  washakaga kubara mu bwigunge.

Ejobundi mu kwa cumi kwa 2019, inkuba yabaye kidobya irabikubita,ingo zibarirwa mu ,agana na santerey’ubucuruzi ya Banda bimera nk’ibitewe ikinya,icuraburindi ryisubiza intebe kugeza ubu.

Nk’uko ba nyir’iyi mirasire babivuga, ngo hakenewe nibura miliyoni 12  mu mafaranga y’u Rwanda ngo hagurwe  ibyuma bibiri  byahiye,bitihi se bigasanwa kuri miliyoni 4.

Mu cyumvikana ko Akarere ka Nyamasheke katarambirije kuri iyi mirasire, Mukamasabo Appolonie,ukayobora,avuga ko n’ubwo habaho ibiganiro hagati ye n’uyu wazanye iyi mirasire,ngo akarere ko gafite gahunda nshya yo kwihera aba baturage umuriro buhoro buhoro yaba indi mirasire cyangwa uwa REG n’ubwo mu by’ukuri atagaragaza igihe bizakorwa.

Inkuba yakubise iyi mirasire mu gihe yacaniraga abakabakaba ½ cy’ingo 1038 zituye aha mu i Banda ndetse n’imiryango y’ubucuruzi ikabakaba 100.Kuri ubu,kubona nk’umuriro muri telefoni  birasaba gukora nibura ibilometero 10 ujya ku biro by’Umurenge wa Rangiro aka Kagari ka Banda kanabarizwamo cyangwa bakajya i Nyamagabe mu majyepfo.


TWIBANIRE Theogene



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Ubuhamya bw'abakinnyi barokowe na Siporo muri Jenoside yakorewe Abatutsi

REG BBC yisubije Thomas Cleveland Jr

Oscar Pistorius yafunguwe ku mbabazi nyuma y'imyaka 9 afunze kubwo kwica um

Jurrien Timber myugariro wa Arsenal ari mu Rwanda muri Gahunda ya Visit Rwanda

Twitege iki kuri Tour du Rwanda ya 2024?

Amagare: FERWACY yabonye abayobozi bashya

Perezida Kagame yakiriye abegukanye ibihembo bya Trace Awards 2023

Car Free Day: Umujyi wa Kigali washimiwe kugira ibikorwaremezo byorohereza abage