AGEZWEHO

  • U Bubiligi: Uwahamijwe ibyaha bya Jenoside yashinje Nkunduwimye kujya mu nama zayiteguraga – Soma inkuru...
  • Nyabihu: Abarokotse Jenoside batewe impungenge n'ingengabitekerezo ya Jenoside ikihagaragara – Soma inkuru...

Nyamagabe: Hari kubakwa imihanda ya kaburimbo y’ibilometero 10

Yanditswe Aug, 03 2022 10:17 AM | 59,253 Views



Bamwe mu baturage bakorera n'abagenda mu mujyi w’Akarere ka Nyamagabe, baravuga ko kuba uyu mujyi urimo kubakwamo imihanda ya Kaburimbo bigiye kongera isuku ndetse n'imikorere myiza muri uyu mujyi.

Abakora ubwikorezi bw’ibintu n’abantu mu mujyi w’akarere ka Nyamagabe, bahuriza ku kuba bakoreshaga umwanya munini bawugendamo ndetse n’ibinyabiziga bikahangirikira kubera ibinogo n’umuhanda umeze nabi cyane.

Kuri ubu imirimo yo gushyira kaburimbo muri iyi imihanda irarimbanije. Ni imihanda izaba ikora hirya no hino mu makaritsiye agize uyu mujyi, cyane cyane ahari bikorwa remezo nk’ahakorerwa ibikorwa by’imyidagaguro n’ahandi. 

Umuyobozi w'Akarere ka Nyamagabe, Niyomwungeri Hildebrande ashimira umukuru w’igihugu Paul kagame  kuko ngo ariwe wabemereye iyi mihanda kuri ubu ngo ikaba yatangiye kubakwa.

Ati “Turashimira umukuru w’igihugu watwemereye imihanda ya kaburimbo. Iyi mihanda imaze igihe gito itangiye kubakwa. Uretse kongera ubwiza bw’umujyi, iyi mihanda izafasha kandi mu buhahirane.”

Iyi mihanda ya kaburimbo irimo kubakwa mu mujyi wa Nyamagabe izaba ifite kilometero zisaga 10 ikazatwara miliyali 5 z'amafaranga y'u Rwanda.

Manzi Claude



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira