AGEZWEHO

  • Abagore bari mu nzego z'ubuyobozi n'abazihozemo muri Loni basuye urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali – Soma inkuru...
  • Amajyaruguru: Abaturage babangamiwe n'buriganya bukorwa n'abakomisiyoneri – Soma inkuru...

Nyagatare: Huzuye isoko rya Miliyari 4 Frw rizafasha kunoza ubucuruzi bw’u Rwanda na Uganda

Yanditswe Nov, 06 2023 17:24 PM | 73,582 Views



Mu Karere ka Nyagatare hafi y’umupaka wa Kagitumba uhuza u Rwanda na Uganda, huzuye isoko ry’icyerekezo ryitezweho gufasha abaturage b'ibihugu by'u Rwanda na Uganda kunoza ubucuruzi bwambukiranya imipaka.

Abahatuye bavuga ko biteguye kuribyaza umusaruro, rikazuzura ritwaye Miliyari zisaga enye zamafaranga y’u Rwanda, rikazatwaha ku mugaragaro bitarenze uku kwezi k’Ugushyingo. 

Mu ntera nto cyane uvuye ku mupaka wa Kagitumba, ni ho iri soko riherereye mu Mudugudu wa Munini Akagari ka Kagitumba.

Hari hashize imyaka ibiri ryubakwa, ndetse abatuye i Kagitumba by’umwihariko bari baritegerezanyije amatsiko menshi.
Iri soko ryiswe Kagitumba Cross Border Market rifite ibyumba 60 by’ubucuruzi ndetse n’aho abarenga 200 bashobora gucururiza ku bisima, rikagira ahafatirwa amafunguro n’ibinyobwa, ibyumba by’ububiko harimo n'ibyuma bikonjesha, ahakorera ibigo by’imari ndetse n’ahagenewe ibagiro.

Abatuye i Nyagatare by’umwihariko i Kagitumba ngo biteguye kuribyaza umusaruro.

Kugeza ubu abarenga 400 barimo na bamwe mu baturage b’igihugu cya Uganda bamaze gutanga ubusabe bwo gukorera muri iri soko, gusa ariko barifuza ko ibiciro ku bazemererwa kurikoreramo bitababera umutwaro.

Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyagatare butangaza ko iri soko rizatahwa ku mugaragaro bitarenze uku kwezi.

Umuyobozi w’aka Karere, Gasana Stephen avuga ko abifuza kurikoreramo nta mpungenge z’ibiciro bakwiye kugira. 

Kagitumba Cross border Market, isoko rigeretse kabiri mu buryo bwa etage, ryuzuye ritwaye Miliyari enye na Miliyoni zisaga 137 z’amafaranga y’u Rwanda.
Ryitezweho kandi gufasha abaturage gufata neza umusaruro ukomoka ku buhinzi n’ubworozi, kuko ubundi ngo wangirikaga utaragera ku isoko kubera kutagira aho ubikwa hizewe kandi hujuje ubuzirenenge. 


Valens Niyonkuru



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Brig.Gen Rwivanga yasabye abiga muri RICA gusigasira ibyo u Rwanda rwagezeho

General Gatsinzi Marcel yashyinguwe

Ingabo za Congo zongeye kurasa ku butaka bw'u Rwanda

U Rwanda rwamaganye amakuru avuga ko RDF ifasha abarwanya FARDC

Abayobozi b'inzego z'ubuzima mu ngabo zo muri EAC mu nama ku bufatanye

Perezida Kagame yashimye inzego z'umutekano ku bwitange zagaragaje muri 202

RDF yatangaje ko ntaho ihuriye n'ibikorwa by'abahoze ari abarwanyi ba

Col Karuretwa yagizwe Brig General, anagirwa umuyobozi muri RDF