AGEZWEHO

  • Tariki 20 Mata 1994 ni bwo Umwamikazi Gicanda yishwe – Soma inkuru...
  • Tariki 19 Mata 1994: Imyaka 30 irashize Sindikubwabo atangije Jenoside mu cyahoze ari Butare – Soma inkuru...

Nyagatare: Abahinzi n'aborozi bakomeje kubura ubwatsi n'amazi by'inka zabo

Yanditswe Jul, 19 2016 11:10 AM | 2,938 Views



Mu gihe aborozi b'amatungo mu karere ka Nyagatare bavuga ko bahangayikishijwe n'ikibazo cyo kubura amazi ndetse n'ubwatsi bw'amatungo yabo, ubuyobozi burabakangurira kugaburira amatungo ibisigazwa by’umuceli mu gihe k’izuba.

Akarere ka Nyagatare ni kamwe mu turere tugize intara y'iburasirazuba kandi dukunze kurangwa n’izuba ryinshi, bigatuma aborozi bahura n’ikibazo cy'ibura ry’amazi n’ubwatsi bw’amatungo yabo, ariko ku rundi ruhande abahinga umuceli bo baba basarura.

Gusa ariko nyuma yo gutunganya umuceli ibisigazwa byawo bamwe ntibaramenya ko bikungahaye ku bitera imbaraga  ku matungo, bityo abayobozi bafite mu nshingano zabo ubworozi muri aka Karere, bagakangurira aborozi  kugaburira amatungo ibisigazwa by’umuceli muri iki gihe cy’izuba.

Abaturage bo muri aka karere baravuga ko ibura ry’amazi n’ubwatsi bw’amatungo bituma umukamo w’inka ugabanuka cyane ndetse zimwe muri zo zikagandara.

U Rwanda rwafashe  ingamba zo  kongera ubuso buhingwaho igihingwa cy’umuceli ku rugero rwa 16.2% kuva 2008 kugeza 2018 ibi bituma umusaruro w’umuceli wiyongera ku kigero cya 18.6% buri mwaka.

Imibare iheruka gushyirwa ahagaragara, igaragaza ko kuri ubu u Rwanda rufite inka zirenga  Miliyoni imwe n'ibihumbi birenga 144. 




Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira