AGEZWEHO

  • Kwibuka ni inshingano, Jenoside si ikamba twirata- Madamu Jeannette Kagame – Soma inkuru...
  • Miliyari zirenga 2 Frw zishyuwe hadakurikije amategeko – Soma inkuru...

Ntabwo turi Igihugu gikize ariko ku mutima n'ubushake turakize - Perezida Kagame

Yanditswe Nov, 30 2022 17:47 PM | 221,834 Views



Perezida wa Repubulika Paul Kagame yatangaje ko nta n’urumiya u Rwanda rwahawe mu bikorwa byo kurwanya iterabwoba muri Mozambique ashimangira ko kuba iki gihugu kidakungahaye mu mikoro bidakuraho ko gikize ku mutima ari na byo bituma cyohereza ingabo gutabara ibindi bihugu.

Hashize umwaka n'amezi make u Rwanda rwohereje ingabo na polisi muri Mozambique gufatanya n'inzego z'icyo gihugu kugarura umutekano n'ituze mu nNara ya Cabo Delgado yari yarayogojwe n'ibyihebe.

Uretse kuba abari barakuwe mu byabo bamaze gutaha, ibikorwa by'ubuzima rusange nk'amashuri n'amavuriro, ubucuruzi n'ibindi byongeye gukora ndetse kuri uyu wa kabiri icyambu cya Mocimboa Da Pria cyongera gutangira gukora ku mugaragaro.

Nubwo ibyo byose byagezweho ariko u Rwanda rwongereye umubare w'ingabo na polisi mu bikorwa byo kugarura amahoro muri Mozambique nkuko Perezida wa Repubulika Paul Kagame akaba n'umugaba w'ikirenga w'ingabo z'u Rwanda yabitangaje kuri uyu wa Gatatu ubwo yakiraga indahiro z'abayobozi bashya muri guverinoma.

Ibyo kandi ngo ni na ko bimeze ku bufatanye bw'u Rwanda na Santarafurika, aho u Rwanda rufite abasirikare n'abapolisi binyuze mu butwererane bw'ibihugu byombi ndetse n'abandi bari yo mu butumwa bw'Umuryango w'Abibumbye.

Umukuru w'Igihugu ashimangira ko uwo mutima ari wo utuma u Rwanda rwiyemeza gutanga umusanzu warwo mu gushakira umuti ibibazo byugarije ibindi bihugu by'umwihariko ibya Afurika nta gihembo rutegereje.

Kugeza ubu u Rwanda rufitanye ubufatanye bwihariye mu by'umutekano n'ibihugu bya Mozambique na Santarafurika ariko rukaba ruri no mu bihugu 5 bya mbere ku Isi mu kugira umubare munini w'ingabo na polisi mu butumwa bw'amahoro bwa Loni hirya no hino ku Isi.


Divin UWAYO



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Ubuhamya bw'abakinnyi barokowe na Siporo muri Jenoside yakorewe Abatutsi

REG BBC yisubije Thomas Cleveland Jr

Oscar Pistorius yafunguwe ku mbabazi nyuma y'imyaka 9 afunze kubwo kwica um

Jurrien Timber myugariro wa Arsenal ari mu Rwanda muri Gahunda ya Visit Rwanda

Twitege iki kuri Tour du Rwanda ya 2024?

Amagare: FERWACY yabonye abayobozi bashya

Perezida Kagame yakiriye abegukanye ibihembo bya Trace Awards 2023

Car Free Day: Umujyi wa Kigali washimiwe kugira ibikorwaremezo byorohereza abage