Yanditswe Jul, 14 2016 10:11 AM | 2,548 Views
Minisitiri w'ububanyi n'amahanga Louise Mushikiwabo mu gitondo cyo kuri uyu wa kane,yatangaje ko nta muntu ushobora guta muri yombi perezida wa Sudan Omar El Bashir mu gihe cyose azaba ari i Kigali mu nama y'abakuru b'ibihugu na guverinoma b'umuryango w'Afrika yunze ubumwe. Ibi ngo ni ukuberako azaba ari umushyitsi w'u Rwanda kandi rutaranashyize umukono ku masezerano ashyiraho urukiko mpuzamahanga mpanabyaha rusaba ko yatabwa muri yombi.
Hari mu kiganiro minisitiri w'ububanyi n'amahanga yagiranye n'abanyamakuru bakurikirana inama za AU zibera i Kigali. Aha yari abajijwe ukuntu uyu muyobozi wa Sudani ushinjwa jenoside akaba aje mu gihugu cyabayemo jenoside atatabwa muri yombi, nk'uko byasabwe n'uru rukiko rw'i La Haye mu Buholandi.
Minisitiri Mushikiwabo avuga ko uru rukiko rutigeze rubura amikoro n'ubushobozi byo kuba rwata muri yombi uyu muyobozi, ku buryo byasaba ko ategerwa i Kigali. Ikindi cyemeza ko itabwa muri yombi rya Bashir i Kigali ridashoboka ni uko u Rwanda ngo ntaho ruhuriye n'uru rukiko kuko rutari mu bihugu 34 bya Afurika byashyize umukono ku masezerano arushyiraho.
Minisitiri Louise Mushikiwabo kandi avuga ko hari amahame umuryango wa AU ugenderaho y'uko nta muyobozi uri ku butegetsi muri Afrika watabwa muri yombi kuko aba afite ubudahangarwa. Hari hashize iminsi 2 ICC isabye u Rda kuzata muri yombi president Omar Al Bashir ariko ngo ntirwabihaye agaciro.
Muri iki kiganiro kandi minisitiri w'ububanyi n'amahanga Louise Mushikiwabo yanavuze ku rwandiko rw'inzira ruzatangizwa muri iyi nama y'abakuru b'ibihugu izaba mu mpera z'iki cyumweru. Yatangaje ko atari passeport y'abakuru b'ibihugu gusa cyangwa abadiplomates n'abaminisitiri b'ububanyi n'amahanga. Ahubwo ngo ni urwandiko ruzafasha abanyafurika kwisanzura mu bihugu bigize uyu mugabane. Nyuma y'uyu muhango buri gihugu kizacapa passeport nyafurka kigendeye ku mategeko yacyo agenga abinjira n'abasohoka, u Rwanda rwo ngo rukaba rwiteguye, kuko rufite passeport zisa n'iyo izajya ikoreshwa ku mugabane wose.
U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi
Apr 17, 2024
Soma inkuru
Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshejwe ikoranabuhanga
Apr 17, 2024
Soma inkuru
FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize
Apr 17, 2024
Soma inkuru
RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’ubucuruzi
Apr 17, 2024
Soma inkuru
Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze mu manegeka irarimban ...
Apr 17, 2024
Soma inkuru
Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu
Apr 16, 2024
Soma inkuru
Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira
Apr 16, 2024
Soma inkuru
Rubavu: Abarokotse Jenoside baravuga ko ubuvuzi bahawe na Leta bwatumye bagarura icyizere
Apr 16, 2024
Soma inkuru