AGEZWEHO

  • Miliyari zirenga 2 Frw zishyuwe hadakurikije amategeko – Soma inkuru...
  • Gatsibo: Bijejwe guhabwa umuhanda wa Kaburimbo amaso ahera mu kirere – Soma inkuru...

Novak Djokovic yirukanwe muri Australia

Yanditswe Jan, 16 2022 13:59 PM | 13,115 Views



Kuri iki Cyumweru, Umunya Serbia nimero ya mbere ku isi muri Tennis, Novak Djokovic yirukanwe muri Australia, nyuma yo gutsindwa ubujurire ku cyemezo cyo guhabwa visa yagombaga gutuma akina irushanwa rya Australian Open.

Australia yimye visa Djokovic kuko atikingije Covid19.

Abacamanza banze imbogamizi zari zatanzwe n’uyu mukinnyi, ni nyuma y’uko guverinoma ihagaritse visa ye ku mpamvu z’ubuzima.

Uyu mugabo yari yaragiye muri Australia guhatanira igikombe cya Australian Open, no gushaka uko yatwara ibi bikombe 21 akaba aciye agahigo.

Djokovic yavuze ko yatengushwe cyane ariko yemera iki cyemezo.

Kuri iki Cyumweru yuriye indege yerekeza i Dubai, avuye ku kibuga cy'indege cya Melbourne.

Kwirukanwa ku butaka bwa Australia kandi bijyana no guhagarikwa imyaka itatu, udashobora kubona visa y’icyo gihugu.

Djokovic yimwe visa mbere tariki ya 6 Mutarama uyu mwaka, ubwo yageraga ku kibuga cy’indege cya Melbourne aho yari agiye gukina Grand Slam ya mbere yo mu 2022.

Iyi izakinwa hagati ya tariki ya 17 na 30 Mutarama uyu mwaka.




Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Urubyiruko rwavutse nyuma ya Jenoside rugeze he rwigishwa amateka yaranze u Rwan

Musanze: Hatangijwe igikorwa cyo gusuzuma kanseri y’inkondo y’umura

Ingabo z'u Rwanda n’iza Jordanie zaganiriye ku kubyutsa imikoranire m

U Rwanda rwongeye kugaragaza ko rwiteguye kwakira abimukira bazava mu Bwongereza

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na mugenzi we w'u Bufaransa

Nkunduwimye yashinjwe gufatanya na Georges Rutaganda gutanga intwaro zakoreshejw

Abanyarwanda bategujwe imvura idasanzwe mu mpera za Mata

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama