AGEZWEHO

  • Nyakinama: Hagiye gutangwa Impamyabumenye ku bofisiye bakuru 48 baharangije – Soma inkuru...
  • General James Kabarebe yasuye Ingabo z'u Rwanda ziri muri Centrafrique – Soma inkuru...

Noheli yizihirijwe mu miryango, hari abadafite amafunguro bagobotswe

Yanditswe Dec, 25 2021 18:00 PM | 100,022 Views



Abaturage hirya no hino mu Mujyi wa Kigali bizihirije Noheli mu miryango bavuga byabanejeje kuyisangira n’abana babo,binabarinda gukoresha ibirori no gutumira abandi mu rwego rwo kwirinda icyorezo cya COVID19.

Amafunguro y’ubwoko butandukanye n’ibinyobwa biri mu byifashishijwe mukwizihiza umunsi mukuru wa Noheli mu miryango.

Ababyeyi bagiye banatanga  impano ku bana babo.

Bamwe muri aba baturage bavuga ko bizihije iyi Noheli mu muryango, barasangira ariko birinda gutumira no gukoresha ibirori mu rwego rwo kwirinda icyorezo cya COVID19 gikomeje kwiyongera.

Ku rundi ruhande hari abatishoboye ndetse n’abo iyi Noheli yasanze bari mu bitaro. Hari bamwe mu babatekerejeho barabasura babaha ibiribwa,ibikoresho by’isuku ndetse n’impano z’abana.

Abahawe iyi noheli bashimira aba batekerejeho mu bitaro ngo kuko bibagarurira icyizere cy’ubuzima no kumva ko bazakira ubu burwayi.

Bungurubwenge John Umuyobozi w’umuryango Umusamariyamwiza  avuga ko batekereje iki gikorwa cyo kwifatanya n’abari mu bitaro kuri uyu munsi wa Noheli mu rwego rwo kubahumuriza no kubagarurira icyizere cy’ubuzima.

Iminsi mikuru ya Noheli n’Ubunani  yizihijwe mu gihe icyorezo cya COVID19 cyongeye kuzamuka. 

Jean Paul TURATSINZE



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Kubura abashoramari banini byadindije umushinga wa Gira Iwawe - BRD

Rusizi: Kuba drone zitahagera bidindiza serivisi z'ubuzima n'ubworozi

Musanze: Abaturage 26 borojwe inka n'Itorero ADEPR - Amafoto

Abasenateri batangiye gusura uturere bareba uko abaturage bakemurirwa ibibazo

Abayobozi batandukanye barimo gusura uruganda rutunganya amazi rwa Nzove

Imyaka isaga 4 irashize isoko mpuzamipaka rya Cyanika ridakorerwamo

Ubuhamya bw’ababaye kwa Gisimba uherutse kwitaba Imana

Abatuye muri Kigali basabye ko hakwihutishwa imirimo yo kwagura uruganda rw&rsqu