AGEZWEHO

  • Nyakinama: Hagiye gutangwa Impamyabumenye ku bofisiye bakuru 48 baharangije – Soma inkuru...
  • General James Kabarebe yasuye Ingabo z'u Rwanda ziri muri Centrafrique – Soma inkuru...

Niyonkuru Samuel yegukanye isiganwa ry'amagare rya Kivu Belt Race 2023

Yanditswe Mar, 26 2023 16:23 PM | 27,119 Views



Niyonkuru Samuel ukinira ikipe y'Amagare ya Inovotec yegukanye Kivu Belt Race 2023 atanze ku murongo Muhoza Eric ukinira Bike Aid yo mu Budage. Ni irushanwa ryabaye kuri iki Cyumweru.

Ni isiganwa ryatangijwe n'abakinnyi bari munsi y'imyaka 16 mu rwego rwo gutegura Shampiyona y'Isi y'amagare izabera mu Rwanda mu 2025.

Mu ngimbi, Nshutiraguma Kevin yatsinze bagenzi be kuri Sprint mu gihe mu bangavu Byukusenge Mariatha yasize bagenzi be bakinana muri Bugesera amasegonda 33.

Mu bagore, Nirere Xaverine waherukaga gutwara Heroes Cycling Cup muri Mutarama yatsinze byoroshye bagenzi be Mukashema Josiane we wasabwe guhatana mu murongo na Mwimikazi Djazila wabaye uwa 3.

Uguhatana gukomeye kwari gutegerejwe mu bagabo hagati y'ikipe nshya ya Inovotec ya Areruya Joseph na Benediction Club ya Mugisha Moise na Manizabayo Eric. 

Manizabayo Eric yakoze cyane bazenguruka inshuro 5 za Mbere nyuma Mugisha Moise aramufata barajyana ntibyatinda kuko inyuma habonetse igikundi cya 3 cyari kimo Niyonkuru Samuel na Muhoza Eric.

Mugisha Moise yagiye wenyine ariko Muhoza Eric na Niyonkuru Samuel bamufata hasigaye kuzenguruka rimwe, maze begereye umurongo Niyonkuru Samuel atsinda isiganwa rya Mbere mu bakuru akurikirwa na Muhoza Eric naho Tuyizere Etienne asoza ari uwa gatatu.




Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Kubura abashoramari banini byadindije umushinga wa Gira Iwawe - BRD

Rusizi: Kuba drone zitahagera bidindiza serivisi z'ubuzima n'ubworozi

Musanze: Abaturage 26 borojwe inka n'Itorero ADEPR - Amafoto

Abasenateri batangiye gusura uturere bareba uko abaturage bakemurirwa ibibazo

Abayobozi batandukanye barimo gusura uruganda rutunganya amazi rwa Nzove

Imyaka isaga 4 irashize isoko mpuzamipaka rya Cyanika ridakorerwamo

Ubuhamya bw’ababaye kwa Gisimba uherutse kwitaba Imana

Abatuye muri Kigali basabye ko hakwihutishwa imirimo yo kwagura uruganda rw&rsqu