AGEZWEHO

  • Tariki 19 Mata 1994: Imyaka 30 irashize Sindikubwabo atangije Jenoside mu cyahoze ari Butare – Soma inkuru...
  • U Bubiligi: Uwahamijwe ibyaha bya Jenoside yashinje Nkunduwimye kujya mu nama zayiteguraga – Soma inkuru...

Ngororero: Ba Visi Meya bombi na Gitifu w’akarere beguriye rimwe

Yanditswe Sep, 03 2019 09:25 AM | 8,591 Views



Abayobozi bungirije b’Akarere ka Ngororero, ushinzwe iterambere ry’ubukungu n’ushizwe imibereho myiza ndetse n’Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’akarere banditse amabaruwa yegura ku mirimo yabo.

Abeguye ni Visi Meya ushinzwe ubukungu, Kanyange Christine na Visi Meya ushinzwe imibereho myiza, Kuradusenge Janvier n'Umunyamabanga Nshingwabikorwa, Rukazambuga Gilbert. 

Perezida w’Inama Njyanama y’aka karere, Dr Dushimumuremyi Jean Paul yabwiye RBA ko amabaruwa yo kwegura kw’abo bayobozi bayakiriye kuri uyu wa Mbere.

Yavuze ko muri iki gitondo bagiye gukora inama kugira ngo basuzume uko kwegura, Inama Njyanama ibere ari yo ibyemeza.

Asobanura impamvu yaba yatumye abo bayobozi bose begurira rimwe, uyu muyobozi yavuze ko bashobora kuba basanze badashoboye gushyira mu bikorwa inshingano zabo.

Yagize ati “Ubwo ni uko nyine babonaga ko ibyo bakoraga batabishoboye. Akazi kabo ntikagendaga neza. Ni bo babyibwirije kuko baba babona ko hari ibyo basabwa bakabona ingufu zabo zidahagije kugira ngo babikore.”

Yavuze ko kuba abo bayobozi bose beguriye rimwe, Dr Dushimumuremyi yashimangiye ko nta cyuho kiza kubaho kuko hari abandi bayobozi basigaye, barimo Umuyobozi w’Akarere.

                                                                                                     Uwari Visi Meya ushinzwe ubukungu, Kanyange Christine

                                                                           Uwari Visi Meya ushinzwe imibereho myiza, Kuradusenge Janvier

                                                                 Uwari Umunyamabanga Nshingwabikorwa, Rukazambuga Gilbert



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira