Yanditswe Nov, 05 2018 21:40 PM | 13,679 Views
Komisiyo y'igihugu y'ubumwe n'ubwiyunge iravuga ko kuba mu muryango
nyarwanda hakiri ibikomere byatewe n'amateka u Rwanda rwanyuzemo kandi hamwe na
hamwe hakaba hakigaragara ingengabitekerezo ya jenoside, biri mu bigikoma mu
nkokora inzira y'ubumwe n'ubwiyunge
Muri raporo y’ibikorwa by’umwaka wa 2017-2018, komisiyo y’igihugu y’ubumwe n’ubwiyunge yagejeje ku nteko rusange ya Sena yahereye ku ishushusho rusange y’ubumwe n’ubwiyunge, aho igipimo cy’ubumwe n’ubwiyunge kigeze kuri 93,9%. N’ubwo icyo gipimo gisa n’igihagaze neza Musenyeri John Rucyahana, Perezida w’iyo Komisiyo avuga ko hari ibigikoma mu nkokora inzira y’ubumwe n’ubwiyunge busesuye. Yagize ati, "Nubwo igengabitekerezo ya jenoside igabanyuka iracyakomeza kugaragara.Icya 1:hari bamwe mu bayanyarwanda bakirebera mu ndorerwamo z'amoko, harimo n'abo amateka agaragaza ko basigaye inyuma. Icya gatatu turacyafite ingaruka n'ibikomere by'amateka mabi yaranze u Rwanda akanarugeza kuri jenoside yakorewe abatutsi.''
Bamwe mu basenateri bari muri iyo nteko rusange bashima intambwe yatewe ariko bagasanga hari ibikwiye kwitabwaho kurushaho kugira ngo bitazakomeza kuba inzitizi z'ubumwe n'ubwiyunge:
Mu bindi bigikoma mu nkokora inzira y’ubumwe n’ubwiyunge nk’uko
byagaragajwe n’ubushakashatsi, ni imiryango ishingiye ku madini n’amatorero,
aho muri bene iyo miryango, 36 yakoreweho ubushakashatsi, itatu ariyo yagaragayemo
amacakubiri ashingiye ku myemerere ariko abacukumbuye icyo kibazo bakaza
kuvumbura ko gishingiye ku nyungu bwite za bamwe mu bayobora ayo madini.
Haracyari kandi n'imibiri y'abazize jenoside yakorewe abatutsi itaraboneka ngo ishyingurwe mu cyubahiro, ndetse n'imitungo yangijwe muri jenoside itaratangirwa indishyi.
Urubyiruko rwavutse nyuma ya Jenoside rugeze he rwigishwa amateka yaranze u Rwanda?
Apr 24, 2024
Soma inkuru
Musanze: Hatangijwe igikorwa cyo gusuzuma kanseri y’inkondo y’umura ku bafite hagati y ...
Apr 24, 2024
Soma inkuru
Ingabo z'u Rwanda n’iza Jordanie zaganiriye ku kubyutsa imikoranire mu bya gisirikare
Apr 24, 2024
Soma inkuru
U Rwanda rwongeye kugaragaza ko rwiteguye kwakira abimukira bazava mu Bwongereza
Apr 23, 2024
Soma inkuru
Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na mugenzi we w'u Bufaransa
Apr 23, 2024
Soma inkuru
Nkunduwimye yashinjwe gufatanya na Georges Rutaganda gutanga intwaro zakoreshejwe kwica Abatutsi
Apr 23, 2024
Soma inkuru
Abanyarwanda bategujwe imvura idasanzwe mu mpera za Mata
Apr 21, 2024
Soma inkuru
Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera amaboko amahanga
Apr 19, 2024
Soma inkuru