AGEZWEHO

  • Kwibuka ni inshingano, Jenoside si ikamba twirata- Madamu Jeannette Kagame – Soma inkuru...
  • Miliyari zirenga 2 Frw zishyuwe hadakurikije amategeko – Soma inkuru...

NURC: Ibikomere n'ingengabikerezo ya jenoside bibangamira ubumwe n'ubwiyunge

Yanditswe Nov, 05 2018 21:40 PM | 13,679 Views



Komisiyo y'igihugu y'ubumwe n'ubwiyunge iravuga ko kuba mu muryango nyarwanda hakiri ibikomere byatewe n'amateka u Rwanda rwanyuzemo kandi hamwe na hamwe hakaba hakigaragara ingengabitekerezo ya jenoside, biri mu bigikoma mu nkokora inzira y'ubumwe n'ubwiyunge

Muri raporo y’ibikorwa by’umwaka wa 2017-2018, komisiyo y’igihugu y’ubumwe n’ubwiyunge yagejeje ku nteko rusange ya Sena yahereye ku ishushusho rusange y’ubumwe n’ubwiyunge, aho igipimo cy’ubumwe n’ubwiyunge kigeze kuri 93,9%. N’ubwo icyo gipimo gisa n’igihagaze neza Musenyeri John Rucyahana, Perezida w’iyo Komisiyo avuga ko hari ibigikoma mu nkokora inzira y’ubumwe n’ubwiyunge busesuye. Yagize ati, "Nubwo igengabitekerezo ya jenoside igabanyuka iracyakomeza kugaragara.Icya 1:hari bamwe mu bayanyarwanda bakirebera mu ndorerwamo z'amoko, harimo n'abo amateka agaragaza ko basigaye inyuma. Icya gatatu turacyafite ingaruka n'ibikomere by'amateka mabi yaranze u Rwanda akanarugeza kuri jenoside yakorewe abatutsi.''

Bamwe mu basenateri bari muri iyo nteko rusange bashima intambwe yatewe ariko bagasanga hari ibikwiye kwitabwaho kurushaho kugira ngo bitazakomeza kuba inzitizi z'ubumwe n'ubwiyunge:

Mu bindi bigikoma mu nkokora inzira y’ubumwe n’ubwiyunge nk’uko byagaragajwe n’ubushakashatsi, ni imiryango ishingiye ku madini n’amatorero, aho muri bene iyo miryango, 36 yakoreweho ubushakashatsi, itatu ariyo yagaragayemo amacakubiri ashingiye ku myemerere ariko abacukumbuye icyo kibazo bakaza kuvumbura ko gishingiye ku nyungu bwite za bamwe mu bayobora ayo madini.

Haracyari kandi n'imibiri y'abazize jenoside yakorewe abatutsi itaraboneka ngo ishyingurwe mu cyubahiro, ndetse n'imitungo yangijwe muri jenoside itaratangirwa indishyi.



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Urubyiruko rwavutse nyuma ya Jenoside rugeze he rwigishwa amateka yaranze u Rwan

Musanze: Hatangijwe igikorwa cyo gusuzuma kanseri y’inkondo y’umura

Ingabo z'u Rwanda n’iza Jordanie zaganiriye ku kubyutsa imikoranire m

U Rwanda rwongeye kugaragaza ko rwiteguye kwakira abimukira bazava mu Bwongereza

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na mugenzi we w'u Bufaransa

Nkunduwimye yashinjwe gufatanya na Georges Rutaganda gutanga intwaro zakoreshejw

Abanyarwanda bategujwe imvura idasanzwe mu mpera za Mata

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama