Yanditswe Mar, 18 2019 15:53 PM | 4,880 Views
Abafite inganda zikora imyenda baravuga ko barimo
gukora ibishoboka byose ngo banoze ubwiza bwayo kuko Leta iborohereza mu kubona
ibikoresho by’ifatizo. Gusa hari abaguzi basanga imyenda ikorerwa mu Rwanda
ihenze bigatuma batayitabira.
Nyuma y'uko mu myaka isaga ibiri ishize hazamuwe imisoro ku myenda n'inkweto
byambawe bituruka hanze y'u Rwanda, inganda zikora imyenda zigenda zirushaho kwiyongera mu Rwanda. Ba nyir'izi nganda bavuga ko ubufasha
bahabwa na leta bubatera imbaraga zo gushakisha uko bakora byinshi bishoboka
bijya ku isoko ry'u Rwanda ndetse no hanze yarwo.
"80% by'umusaruro wacu ujya hanze naho 20% bigurishwa inaha; ariko nyine turimo turawongera, kuko aho AGOA ihagarariye turimo kongera ingano y’ibyo dukora. Kuko igikomeye si uko twakora bike ahubwo ni no kureba ubushobozi kuko twari dufite imyenda myinshi twohereza hanze bigatuma igurishirizwa ku isoko rya hano biba bike, numva rero ubu nta kibazo gihari cyo gukora imyenda ijya ku isoko ry'imbere mu gihugu," Malou Jontilano, Umuyobozi Mukuru w'uruganda C&H Garments Rwanda LTD.
Usibye abafite inganda nini zikora imyenda itandukanye, hari n'abandi bashoramari bahisemo kujya batumiza ibikenewe hanze y'u Rwanda, bakabibyazamo indi myenda igurishwa ku isoko ry'imbere mu gihugu ndetse no hanze; gusa bavuga ko bakeneye ko nabo bagira imyenda iri ku rwego mpuzamahanga mu bijyanye n’ubwiza n’ubuziranenge.
IBITEKEREZO:#MadeInRwanda: Ese mubona hakorwa iki ngo imyenda ikorwa n'inganda zo mu Rwanda ikundwe n'abaturarwanda? Mubona se ahubwo hari impinduka mu bwiza no mu gukomera nk'uko abanyenganda babyemeza?#RBAAmakuru pic.twitter.com/W5DNOrrJl5
— Rwanda Broadcasting Agency (RBA) (@rbarwanda) March 18, 2019
Uwera Karen, Umuyobozi wa Rwanda Fashion Designers Association agira ati "Ntabwo twakwirengagiza ko ibyo dukora tutabisanisha ijana ku ijana n'imyenda mpuzamahanga. Hari abantu baba
bashaka ubwiza bwo hejuru nawe wabireba ukavuga uti iyaba nari mfite imashini
nari kugeza ku byifuzo byabo nk'izindi nganda runaka zikomeye. Buhoro uko
tuzagenda tuzamura urwego rwacu ni ko abantu bazabikunda, ntitwarenganya
abatarabyumva cyane kuko baba babona 'design' ari nziza ariko itarangijwe neza akanga kuyambara."
Ministiri w'Imari n'Igenamigambi Dr. Uzziel
Ndagijimana asobanura ko inganda z'imyennda by'umwihariko zavaniweho umusoro wa
25% ku bikoresho by'ibanze zitumiza hanze y’igihugu, ibi bikajyana no gukomeza
kuborohereza mu bundi buryo kugira ngo zizamuke.
Gusa ku rundi ruhande, abaturage bashima ko igihugu kirushaho kubahesha agaciro kuko nabo batifuza gukomeza kwambara imyenda n'inkweto byakoreshwejwe n'abandi. Na none ariko ngo abakora imyenda mu Rwanda bakwiye gutekereza ku ikomeye kandi ihendutse.
Imibare ya Ministeri y'Ubucuruzi n'Inganda
igaragaza ko mu myaka itatu ishize ibyoherezwa hanze byazamutse ku gipimo cya
69% naho ibitumizwayo bigabanyuka ku gipimo cya 4%. Inganda muri rusange zari
zihariye 10% mu musaruro mbumbe w'igihugu mu mwaka wa 2018.
Jean Claude Mutuyeyezu
INKURU IRAMBUYE MU MAKURU YA RTV SAA MBIRI Z'UMUGOROBA
Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera amaboko amahanga
Apr 19, 2024
Soma inkuru
U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi
Apr 17, 2024
Soma inkuru
Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshejwe ikoranabuhanga
Apr 17, 2024
Soma inkuru
FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize
Apr 17, 2024
Soma inkuru
RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’ubucuruzi
Apr 17, 2024
Soma inkuru
Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze mu manegeka irarimban ...
Apr 17, 2024
Soma inkuru
Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu
Apr 16, 2024
Soma inkuru
Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira
Apr 16, 2024
Soma inkuru