AGEZWEHO

  • U Bubiligi: Uwahamijwe ibyaha bya Jenoside yashinje Nkunduwimye kujya mu nama zayiteguraga – Soma inkuru...
  • Nyabihu: Abarokotse Jenoside batewe impungenge n'ingengabitekerezo ya Jenoside ikihagaragara – Soma inkuru...

NEC yatangije ku mugaragaro ukwiyamamaza kw'abahatanira kuba abasenateri

Yanditswe Aug, 28 2019 05:54 AM | 7,801 Views



Komisiyo y’Igihugu y’Amatora iratangaza ko ibikorwa byo kwiyamamaza ku bakandida senateri birimo kugenda neza, na ho abagize inteko itora bakemeza ko abiyamamaza bafite imigabo n'imigambi igaragaza ko hazaboneka abasenateri bashoboye.

Imbere y'inteko itora, buri mukandida senateri yahabwaga iminota iri hagati ya 5 na 15, akagaruka ku mirimo yakoze mu buzima bwe ndetse akagaragaza imigabo n'imigambi afite.

 Inteko itora igizwe n'abagize inama njyanama z'uturere n'abagize biro z'inama njyanama z'imirenge mu ntara zigize igihugu, na ho mu mujyi wa Kigali abatora ni abagize inama njyanama y'umujyi na biro z'inama njyanama z'imirenge.

Abagize inteko itora bashimye ibitekerezo by'abakandida, ku buryo bizeye ko abazatorwa bazaba bashoboye.

Ku myanya 12 y'abasenateri batorwa hakurikijwe inzego z'imitegekere y'igihugu, abayihatanira ni abakandida 7 mu Ntara y'Amajyaruguru hazavamo abasenateri 2, abakandida 23 mu Ntara y'Amajyepfo bazavamo abasenateri 3, abakandida 9 mu Burasirazuba bazavamo abasenateri 3, abakandida 15 mu Burengerazuba bagomba gutorwamo abasenateri 3, n'abakandida 4 mu Mujyi wa Kigali bazatorwamo umwe.

Hari kandi abakandida 3 bazatorwamo umusenateri uhagarariye kaminuza n'amashuri makuru byigenga, n'abakandida 2 bazatorwamo umusenateri uhagarariye kaminuza n'amashuri makuru bya Leta.

Perezida wa Komisiyo y’Amatora, Prof Kalisa Mbanda, avuga ko ibikorwa byo kwiyamamaza bigenda neza nk'uko komisiyo yabiteganyije. 

Ibikorwa byo kwiyamamaza byatangiye kuri uyu wa Mbere, ariko mu Gihugu hose byatangijwe ku mugaragaro kuri uyu wa Kabiri. Biteganyijwe ko bizarangira ku wa 15 Nzeri, mu gihe amatora y'abasenateri 12 batorwa hakurikijwe inzego z'imitegekere y'igihugu ateganyijwe ku ya 16. Hazakurikireho amatora y'abasenateri 2 bahagarariye kaminuza n'amashuri makuru aya Leta n’ayigenga. 

Inkuru mu mashusho


Jeannette UWABABYEYI 



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira