AGEZWEHO

  • Abagore bari mu nzego z'ubuyobozi n'abazihozemo muri Loni basuye urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali – Soma inkuru...
  • Amajyaruguru: Abaturage babangamiwe n'buriganya bukorwa n'abakomisiyoneri – Soma inkuru...

Musanze: Abaturage bishatsemo miliyoni 47 Frw biyubakira ibiro by'Utugari n'Imidugudu

Yanditswe Nov, 14 2023 17:54 PM | 97,132 Views



Abatuye mu Ntara y’Amajyaruguru mu bice bitandukanye bishatsemo ubushobozi biyubakira inyubako zikoreramo ibiro by’Imidugudu n’Utugari, ubu bakaba bahamya ko iki ari ikimenyetso cy’ubufatanye n’imiyoborere myiza igihugu gifite.

Abatuye Akagari ka Ruhengeri mu Karere ka Musanze bakusanyije miliyoni 12 bavugurura inyubako y’Akagari yari ishaje, ishyirwamo inzugi nshya, isakaro, ishyirwamo sima ndetse isigwa amarangi, baharanira ko serivisi basaba zitangirwa ahantu heza.

Ni mu gihe mu bushobozi bw’abatuye Akagari ka Kigombe, abaturage biyubakiye ibiro by’Umudugudu wa Kiryi bigizwe n’ibyumba 5 n’icyumba cy’inama. 

Ni inyubako ifite agaciro ka miliyoni zigeze muri 35 z’amafaranga y’u Rwanda.

Gusa aho imirimo igeze, aba baturage bifuza ko bakunganirwa n’ubuyobozi mu gusoza iyo nyubako.

Ku rwego rw’Uturere naho hari gahunda yo kubaka ibiro bishya ndetse no kwimura ibiro by’Akarere ka Rulindo.

Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru, Maurice Mugabowagahunde avuga ko gahunda yo kuvugurura inyubako zitangirwamo serivisi z’ibanze ku muturage ikomeje hibandwa ku Tugari.

Kugeza ubu Akarere ka Burera gakomeje imirimo ya nyuma yo kurangiza kubaka inyubako igeretse gatatu izatangira gutangirwamo serivisi umwaka utaha.


Robert Byiringiro



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Brig.Gen Rwivanga yasabye abiga muri RICA gusigasira ibyo u Rwanda rwagezeho

General Gatsinzi Marcel yashyinguwe

Ingabo za Congo zongeye kurasa ku butaka bw'u Rwanda

U Rwanda rwamaganye amakuru avuga ko RDF ifasha abarwanya FARDC

Abayobozi b'inzego z'ubuzima mu ngabo zo muri EAC mu nama ku bufatanye

Perezida Kagame yashimye inzego z'umutekano ku bwitange zagaragaje muri 202

RDF yatangaje ko ntaho ihuriye n'ibikorwa by'abahoze ari abarwanyi ba

Col Karuretwa yagizwe Brig General, anagirwa umuyobozi muri RDF